Zaburi 20:1-9

  • Imana ikiza umwami yatoranyije

    • Bamwe biringira amagare, abandi amafarashi, “ariko twe tuzatabaza Yehova tuvuga izina rye” (7)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 20  Yehova ajye asubiza isengesho ryawe mu gihe uri mu bibazo. Imana ya Yakobo ijye ikurinda nusenga mu izina ryayo.   Ijye igufasha iri ahera,Kandi igushyigikire iri i Siyoni.   Yibuke amaturo yawe yose,Kandi yemere* igitambo cyawe gitwikwa n’umuriro. (Sela.)   Iguhe ibyo umutima wawe wifuza,Kandi itume ibyo uteganya gukora byose ubigeraho.   Tuzarangurura amajwi y’ibyishimo kubera ko wadukijije,Tuzazamura amabendera dusingiza izina ry’Imana yacu. Yehova aguhe ibyo umusaba byose.   Ubu noneho menye ko Yehova akiza uwo yasutseho amavuta. Amusubiza ari mu ijuru rye ryera.Akoresha imbaraga ze akamukiza.*   Hari abiringira amagare, abandi bakiringira amafarashi,Ariko twe tuzatabaza Yehova tuvuga izina rye.   Abo baratsinzwe burundu,Ariko twe twarahagurutse, twongera kugira imbaraga.   Yehova, dukize. Nitugusenga uzadusubize.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “abone ko ari nk’ibinure by’igitambo.”
Cyangwa “akamuha gutsinda.”