Zaburi 20:1-9
-
Imana ikiza umwami yatoranyije
-
Bamwe biringira amagare, abandi amafarashi, “ariko twe tuzatabaza Yehova tuvuga izina rye” (7)
-
Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi.
20 Yehova ajye asubiza isengesho ryawe mu gihe uri mu bibazo.
Imana ya Yakobo ijye ikurinda nusenga mu izina ryayo.+
2 Ijye igufasha iri ahera,+Kandi igushyigikire iri i Siyoni.+
3 Yibuke amaturo yawe yose,Kandi yemere igitambo cyawe gitwikwa n’umuriro.* (Sela)
4 Iguhe ibyo umutima wawe wifuza,+Kandi itume ibyo uteganya gukora byose ubigeraho.
5 Tuzarangurura amajwi y’ibyishimo kubera ko wadukijije,+Tuzazamura amabendera dusingiza izina ry’Imana yacu.+
Yehova aguhe ibyo umusaba byose.
6 Ubu noneho menye ko Yehova akiza uwo yasutseho amavuta.+
Amusubiza ari mu ijuru rye ryera.
Akoresha imbaraga ze akamukiza.*+
7 Hari abiringira amagare, abandi bakiringira amafarashi,+Ariko twe tuzatabaza Yehova tuvuga izina rye.+
8 Abo baratsinzwe burundu,Ariko twe twarahagurutse, twongera kugira imbaraga.+
9 Yehova, utume umwami atsinda.+
Nitugusenga uzadusubize.+
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ibone ko igitambo cyawe gitwikwa n’umuriro ari nk’ibinure.”
^ Cyangwa “akamuha gutsinda.”