Zaburi 43:1-5
43 Mana, ncira urubanza.+
Umburanire mu rubanza+ mburana n’abantu b’abahemu.
Unkize umuntu w’umuriganya kandi ukiranirwa,
2 Kuko uri Imana yanjye mpungiraho.+
Kuki wantaye?
Kuki mbabaye bitewe n’umwanzi unkandamiza?+
3 Ohereza urumuri rwawe n’ukuri kwawe+Kugira ngo binyobore,+Binjyane ku musozi wawe wera no mu ihema ryawe rihebuje.+
4 Hanyuma nzajya ku gicaniro* cy’Imana,+Ari yo Mana ituma ngira ibyishimo byinshi.
Mana yanjye, nzagusingiza ncuranga inanga.+
5 None se ni iki gitumye niheba?
Ni iki kiri gutuma numva nta mahoro mfite?
Nzategereza Imana.+
Nzongera nyisingize kuko ari yo Mukiza wanjye uhebuje, ikaba ari na yo Mana yanjye.+
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Ni ahantu batambiraga ibitambo. Reba Ibisobanuro by’amagambo.

