Zaburi 6:1-10

  • Isengesho ry’umuntu usaba ko Imana imugirira neza

    • Abapfuye ntibasingiza Imana (5)

    • Imana izumva ibyo nyisaba (9)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iririmbwa hacurangwa inanga ziregeye ku ijwi rya Sheminiti.* Ni indirimbo ya Dawidi. 6  Yehova, ntuncyahe ufite uburakari,Kandi ntunkosore ufite umujinya.+   Yehova, ungirire neza* kuko nta mbaraga mfite. Yehova,+ mpa imbaraga kuko ubwoba bwinshi* bwatumye ncika intege.   Ndahangayitse cyane.+ None se Yehova, ibi bizageza ryari?+   Yehova, garuka untabare.+ Nkiza ukurikije urukundo rwawe rudahemuka,+   Kuko abapfuye batazavuga ibyawe.* None se ni nde uzagusingiza ari mu Mva?*+   Nanijwe no gutaka.+ Ndara ndira ijoro ryose, ngatosa uburiri bwanjye. Uburiri bwanjye mbwuzuza amarira.+   Amaso yanjye ananijwe n’agahinda.+ Ntareba neza bitewe* n’abandwanya bose.   Mwa nkozi z’ibibi mwese mwe mumve iruhande,Kuko Yehova azumva kurira kwanjye.+   Yehova azumva ibyo musaba.+ Yehova azemera isengesho ryanjye. 10  Abanzi banjye bose bazakorwa n’isoni kandi bagire ubwoba bwinshi. Bazakorwa n’isoni bahunge.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora kuba byerekeza ku ijwi ry’umuziki ryo hasi. Reba Ibisobanuro by’amagambo.
Cyangwa “ungirire imbabazi.”
Cyangwa “amagufwa yanjye ahinda umushyitsi.”
Cyangwa “batazibuka ibyawe.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Cyangwa “ashajishijwe.”