Zaburi 140:1-13

  • Yehova ni Umukiza ufite imbaraga

    • Abantu babi bameze nk’inzoka (3)

    • Abanyarugomo bazarimbuka (11)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 140  Yehova, nkiza abantu babi,Undinde n’abanyarugomo.+   Bategura imigambi mibi mu mitima yabo,+Kandi bahora bateza amakimbirane umunsi ukira.   Batyaje indimi zabo zimera nk’iz’inzoka.+ Iminwa yabo ijunditse ubumara bw’impiri.+ (Sela.)   Yehova, ndinda abantu babi,+Unkize abanyarugomo,N’abategura umugambi wo kunsitaza.   Abishyira hejuru bantega umutego. Bantega imigozi imeze nk’urushundura iruhande rw’inzira.+ Bantega imitego ngo nyigwemo.+ (Sela.)   Mbwira Yehova nti: “Uri Imana yanjye. Yehova nyumva. Ndakwinginze mfasha.”+   Yehova Mwami w’Ikirenga, wowe Mukiza wanjye ufite imbaraga,Urandinda* ku munsi w’intambara.+   Yehova, ntuhe abantu babi ibyo bifuza. Ntiwemere ko imigambi yabo igira icyo igeraho kugira ngo batishyira hejuru. (Sela.)+   Ibintu bibi abangose bavuga,Abe ari bo bigeraho.+ 10  Basukweho amakara yaka,+Bagwe mu muriro,Bagwe mu byobo birebire+ kugira ngo batazongera guhaguruka. 11  Abasebanya ntibazabone aho batura mu isi.+ Abanyarugomo na bo bazagerweho n’ibibi kandi bibarimbure. 12  Nzi neza ko Yehova azaburanira aboroheje,Kandi akarenganura abakene.+ 13  Rwose abakiranutsi bazasingiza izina ryawe,Kandi abakora ibyiza bazatura imbere yawe.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “urinda umutwe wanjye.”