Zaburi 129:1-8

  • Bangabaho ibitero ariko ntibantsinda

    • Abanga Siyoni bazakorwa n’isoni (5)

Indirimbo baririmbaga bazamuka bagiye i Yerusalemu. 129  Isirayeli nivuge iti: “Bandwanyije kuva nkiri muto.”+   “Bandwanyije kuva nkiri muto,+Ariko ntibashoboye kuntsinda.+   Abahinzi bahinze ku mugongo wanjye,+Bahaca imigende miremire.”*   Ariko Yehova arakiranuka.+ Yankijije abantu babi bankandamizaga.+   Abanga Siyoni bose,Bazakorwa n’isoni basubire inyuma bamwaye.+   Bazaba nk’ibyatsi bimera hejuru y’igisenge cy’inzu,Byuma na mbere y’uko babirandura.   Biba ari bike cyane ku buryo n’ubirandura atabyuzuza mu kiganza cye,Cyangwa ngo uhambira ibyaranduwe abyuzuze mu maboko ye.   Abahanyura ntibazavuga bati: “Yehova nabahe umugisha. Tubasabiye umugisha mu izina rya Yehova.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Uko bigaragara ibi byerekeza ku bintu bibi abanzi b’Abisirayeli babakoreraga.