Zaburi 23:1-6

  • “Yehova ni Umwungeri wanjye”

    • “Nta cyo nzabura” (1)

    • “Atuma nongera kugira imbaraga” (3)

    • ‘Igikombe cyanjye kiruzuye’ (5)

Indirimbo ya Dawidi. 23  Yehova ni Umwungeri wanjye,+Nta cyo nzabura.+   Andyamisha mu nzuri* zirimo ubwatsi butoshye. Anjyana kuruhukira ahantu hari amazi.+   Atuma nongera kugira imbaraga.+ Anyobora mu nzira zo gukiranuka abigiriye izina rye.+   Nubwo nanyura mu kibaya kirimo umwijima mwinshi cyane, + Sinzatinya ikibi,+Kuko uri kumwe nanjye.+ Inkoni yawe ituma numva mfite umutekano.*   Unshyirira ibyokurya ku meza, abanzi banjye babireba.+ Unsiga amavuta mu mutwe, nkumva merewe neza.+ Ni wowe wuzuza igikombe cyanjye.+   Ni ukuri, uzakomeza kungirira neza kandi ungaragarize urukundo rudahemuka, igihe cyose nzaba nkiriho.+ Yehova, nzakomeza kuba mu nzu yawe, ubuzima bwanjye bwose.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Cyangwa “inkoni yawe n’inshyimbo yawe ni byo bimpumuriza.”