Zaburi 41:1-13

  • Isengesho ry’umuntu urwaye uri mu buriri

    • Imana yiyegamiza umuntu urwaye (3)

    • Nagambaniwe n’umuntu wari inshuti yanjye (9)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi. 41  Ugira ibyishimo ni uwita ku woroheje.Ku munsi w’amakuba Yehova azamukiza.   Yehova ubwe azamurinda atume akomeza kubaho. Azagirira ibyishimo mu isi.Imana ntizemera ko abanzi be bamugenza uko bashaka.   Yehova azamwiyegamiza igihe azaba ari ku buriri arwariyeho.Ni we uzamwitaho igihe azaba ari ku buriri bwe arwaye.   Naravuze nti: “Yehova, ungirire neza. Nagucumuyeho ariko mbabarira unkize.”   Abanzi banjye bamvugaho ibibi bati: “Azapfa ryari ngo yibagirane?”   Niyo hagize umwe muri bo uza kunsura, aba andyarya. Anshakishaho ibibi ajya kuvuga,Hanyuma yasohoka, akajya kubikwirakwiza hanze.   Abanyanga bose bishyira hamwe bakongorerana.Bacura imigambi yo kungirira nabi, bakavuga bati:   “Ibyago byamugezeho.Ubwo aryamye hasi ntazongera kwegura umutwe.”   Ndetse n’umuntu twari tubanye amahoro, uwo niringiraga,Wajyaga arya ku byokurya byanjye, ni we wampindutse. 10  Ariko wowe Yehova, ungirire neza umpagurutse,Kugira ngo mbishyure ibibi bankoreye. 11  Nutemera ko umwanzi wanjye anyishima hejuru, Ni byo bizanyereka ko unkunda. 12  Uranshyigikira kuko ndi indahemuka.Nzi neza ko uzakomeza kunkunda kugeza iteka ryose. 13  Yehova Imana ya Isirayeli nasingizwe,Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose. Amen! Amen!

Ibisobanuro ahagana hasi