Zaburi 101:1-8

  • Umuyobozi w’inyangamugayo

    • ‘Sinzihanganira umwibone’ (5)

    • “Abo mpa agaciro ni abantu bakubera indahemuka” (6)

Indirimbo ya Dawidi. 101  Nzaririmba mvuge iby’urukundo rudahemuka n’ubutabera. Yehova, nzakuririmbira ngusingiza.   Nzagaragaza ubwenge mu byo nkora kandi mbe inyangamugayo. Mana uzamfasha ryari? Nzakomeza kuba indahemuka+ n’igihe nzaba ndi mu nzu yanjye.   Sinzigera ndeba ikintu icyo ari cyo cyose kitagira umumaro. Nanga ibikorwa by’abantu babi.+ Abantu nk’abo ndabirinda.   Nta gahunda ngirana n’abantu bafite ubugome mu mitima yabo. Sinihanganira ibibi.   Umuntu wese usebya mugenzi we rwihishwa,+Nzamucecekesha. Umuntu wese wibona kandi wirataSinzamwihanganira.   Abo mpa agaciro ni abantu bakubera indahemuka. Abo ni bo tuzaturana. Umuntu w’inyangamugayo ni we uzankorera.   Nta muntu ukora iby’uburiganya uzaba mu nzu yanjye,Kandi nta muntu ubeshya uzaza imbere yanjye.   Buri gitondo nzajya ncecekesha ababi bose bo mu isi,Kugira ngo ndimbure inkozi z’ibibi zose nzikure mu mujyi wa Yehova.+

Ibisobanuro ahagana hasi