Zaburi 142:1-7

  • Isengesho ry’umuntu usaba kurindwa abamutoteza

    • “Nta hantu nahungira” (4)

    • “Ni wowe wenyine mfite” (5)

Masikili.* Isengesho rya Dawidi igihe yari mu buvumo.+ 142  Ndangurura ijwi ngatabaza Yehova.+ Ndangura ijwi ngatakambira Yehova, musaba ngo angirire neza.   Mubwira ibintu byose bimpangayikishije,Nkamubwira ibibazo byanjye byose.+   Mana, iyo nacitse intege,Ndagusenga.+ Bantega imitego mu nzira nyuramo,Ariko ni wowe uzi aho nkwiriye kunyura.   Itegereze iburyo bwanjye,Urabona ko nta muntu n’umwe ukinyitayeho.+ Nta hantu nahungira.+ Nta muntu numwe umpangayikiye.   Yehova, ndakwinginze mfasha. Ni wowe mbwira nti: “Uri ubuhungiro bwanjye,+Kandi mu buzima bwanjye, ni wowe wenyine mfite.”   Umva ijwi ryo kwinginga kwanjye,Kuko mfite imbaraga nke cyane. Nkiza abantoteza,+Kuko bandusha imbaraga.   Meze nk’umuntu uri muri gereza. Nkuramo kugira ngo nsingize izina ryawe. Abakiranutsi nibankikize,Kuko ungirira neza.

Ibisobanuro ahagana hasi