Zaburi 16:1-11
Zaburi* ya Dawidi.
16 Mana, undinde kuko ari wowe nahungiyeho.
2 Nabwiye Yehova nti: “Uri Yehova kandi ibyiza byose mfite ni wowe mbikesha.
3 Abera bo mu isi ni bo nishimira cyane.Ni na bo bakwiriye kubahwa.”
4 Abakorera izindi mana bikururira imibabaro myinshi.
Sinzasukira izo mana ituro ry’amaraso,Kandi sinzigera mvuga amazina yazo.
5 Yehova, ibyo mfite byose ni wowe mbikesha.*
Ni wowe wuzuza igikombe cyanjye ibyo kunywa. Urinda umurage wanjye.
6 Ahantu nahawe ni heza.
Rwose umugabane wanjye uranshimishije.
7 Nzasingiza Yehova we ungira inama.
Ndetse na nijoro umutima wanjye urankosora.
8 Yehova ahora imbere yanjye iteka.
Kubera ko ari iburyo bwanjye sinzanyeganyezwa.
9 Ni cyo gituma ngira ibyishimo, kandi ngahora nezerewe.
Numva mfite umutekano.
10 Nzi ko utazandekera mu Mva.
Ntuzemera ko indahemuka yawe iguma mu rwobo.*
11 Ni wowe umenyesha inzira y’ubuzima.
Aho uri haba ibyishimo byinshi.Umuntu uri mu kuboko kwawe kw’iburyo ahorana ibyishimo.
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Mikitamu.” Bishobora kuba bisobanura “inyandiko.” Reba Ibisobanuro by’amagambo
^ Cyangwa “ni wowe mugabane n’umurage wanjye.”
^ Bishobora no kuvugwa ngo: “Ibora.”