Zaburi 16:1-11

  • Yehova ni we Soko y’ibyiza byose

    • ‘Yehova ni we nkesha ibyo mfite byose’ (5)

    • “Nijoro umutima wanjye urankosora” (7)

    • ‘Yehova ari iburyo bwanjye’ (8)

    • ‘Ntuzandekera mu Mva’ (10)

Zaburi* ya Dawidi. 16  Mana, undinde kuko ari wowe nahungiyeho.   Nabwiye Yehova nti: “Uri Yehova kandi ibyiza byose mfite ni wowe mbikesha.   Abera bo mu isi ni bo nishimira cyane.Ni na bo bakwiriye kubahwa.”   Abakorera izindi mana bikururira imibabaro myinshi. Sinzasukira izo mana ituro ry’amaraso,Kandi sinzigera mvuga amazina yazo.   Yehova, ibyo mfite byose ni wowe mbikesha.* Ni wowe wuzuza igikombe cyanjye ibyo kunywa. Urinda umurage wanjye.   Ahantu nahawe ni heza. Rwose umugabane wanjye uranshimishije.   Nzasingiza Yehova we ungira inama. Ndetse na nijoro umutima wanjye urankosora.   Yehova ahora imbere yanjye iteka. Kubera ko ari iburyo bwanjye sinzanyeganyezwa.   Ni cyo gituma ngira ibyishimo, kandi ngahora nezerewe. Numva mfite umutekano. 10  Nzi ko utazandekera mu Mva. Ntuzemera ko indahemuka yawe iguma mu rwobo.* 11  Ni wowe umenyesha inzira y’ubuzima. Aho uri haba ibyishimo byinshi.Umuntu uri mu kuboko kwawe kw’iburyo ahorana ibyishimo.

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Mikitamu.” Bishobora kuba bisobanura “inyandiko.” Reba Ibisobanuro by’amagambo
Cyangwa “ni wowe mugabane n’umurage wanjye.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Ibora.”