Zaburi 106:1-48

  • Abisirayeli ntibishimiye ibyo Imana yabakoreye

    • Bahise bibagirwa ibyo Imana yakoze (13)

    • Icyubahiro cy’Imana bakiguranye igishushanyo cy’ikimasa (19, 20)

    • Ntibizeye amasezerano y’Imana (24)

    • Batangiye gusenga Bayali (28)

    • Batambiye abana babo abadayimoni (37)

106  Nimusingize Yah!* Mushimire Yehova kuko ari mwiza,+Kuko urukundo rwe rudahemuka ruhoraho iteka ryose.+   Ni nde wabasha kuvuga mu buryo bwuzuye imirimo ikomeye Yehova yakoze,Cyangwa ngo atangaze ibikorwa bye byose bituma asingizwa?+   Abagira ibyishimo ni abagaragaza ubutabera,Buri gihe bagakora ibikwiriye.+   Yehova, nugirira neza abagaragu bawe nanjye uzanyibuke,+Unyiteho kandi unkize,   Kugira ngo nzishimire ineza ugaragariza abo watoranyije,+Nishimane n’abantu bawe,Kandi nterwe ishema no kugusingiza ndi hamwe n’abo wagize umurage wawe.   Twakoze ibyaha nka ba sogokuruza.+ Twarakosheje, twakoze ibibi.+   Igihe ba sogokuruza bari muri Egiputa, ntibishimiye imirimo yawe itangaje. Ntibibutse ko urukundo rwawe rudahemuka ari rwinshi. Ahubwo bageze ku Nyanja Itukura barigometse.+   Ariko yarabakijije abikoreye izina rye,+Kugira ngo amenyekanishe ko akomeye.+   Yacyashye Inyanja Itukura irakama,Anyuza abantu be hasi mu nyanja nk’ubanyujije mu butayu.+ 10  Yabakijije abanzi babo,+Abakura mu maboko y’ababangaga.+ 11  Amazi yarengeye abanzi babo,Ntihagira n’umwe muri bo urokoka.+ 12  Hanyuma bizera isezerano rye,+Batangira kuririmba bamusingiza.+ 13  Ariko bahise bibagirwa ibyo yakoze,+Ntibategereza ngo ababwire icyo bakora. 14  Bageze mu butayu bagira ibyifuzo bishingiye ku bwikunde,+Bageragereza Imana mu butayu.+ 15  Yabahaye ibyo bayisabye,Ariko ibateza indwara itera kunanuka.+ 16  Bari mu nkambi batangiye kugirira Mose ishyari,Ndetse barigirira na Aroni,+ uwera wa Yehova.+ 17  Nuko isi irasama imira Datani,Kandi itwikira abantu bose bari kumwe na Abiramu.+ 18  Umuriro waka aho bari bateraniye,Maze utwika abantu babi.+ 19  Nanone igihe bari i Horebu bakoze ikimasa,Nuko bunamira ikimasa bacuze.+ 20  Aho kumpesha icyubahiro nkwiriye,Batangiye gusenga igishushanyo cy’ikimasa, kirisha ubwatsi.+ 21  Bibagiwe Imana,+ ari yo Mukiza wabo,Wakoreye ibintu bitangaje muri Egiputa,+ 22  Agakorera imirimo itangaje mu gihugu cya Hamu,+Agakora n’ibintu biteye ubwoba ku Nyanja Itukura.+ 23  Yari agiye gutanga itegeko ryo kubarimbura,Ariko Mose, uwo yatoranyije, aramubuza,Bituma atarakara cyane ngo abarimbure.+ 24  Nyuma yaho basuzuguye igihugu cyiza,+Ntibizera isezerano rye.+ 25  Bakomeje kwitotombera mu mahema yabo,+Ntibumvira ijwi rya Yehova.+ 26  Nuko ararahira,Avuga ko azabatsinda mu butayu,+ 27  Agatuma ababakomokaho bapfira mu bindi bihugu,Kandi akabatatanyiriza mu bihugu binyuranye.+ 28  Batangiye gusenga Bayali y’i Pewori+No kurya ku bitambo byatambirwaga abapfuye.* 29  Baramurakaje bitewe n’ibikorwa byabo,+Maze icyorezo kirabibasira.+ 30  Ariko igihe Finehasi yahagurukaga akagira icyo akora,Icyo cyorezo cyarahagaze.+ 31  Ibyo byatumye Imana ibona ko ari umukiranutsi,Uko ibihe byagiye bikurikirana kugeza iteka ryose.+ 32  Nanone barakaje Imana bari ku mazi y’i Meriba,*Bituma Mose ahura n’ibibazo ari bo babiteye.+ 33  Baramurakaje,Maze atangira kuvuga ibyo atatekerejeho.+ 34  Ntibarimbuye abantu bo muri ibyo bihugu ngo babamareho+Nk’uko Yehova yari yarabibategetse.+ 35  Ahubwo bivanze n’abo bantu,+Batangira kwigana ibikorwa byabo.+ 36  Bakomeje gukorera ibigirwamana byabo,+Maze bibabera umutego.+ 37  Batambiraga abadayimoniAbahungu babo n’abakobwa babo.+ 38  Bakomezaga kumena amaraso y’abantu batakoze icyaha,+Bakamena amaraso y’abahungu babo n’abakobwa babo,Abo batambiraga ibigirwamana by’i Kanani,+Maze igihugu cyanduzwa no kumena amaraso. 39  Biyandurishije ibikorwa byabo. Barahemutse, basenga ibigirwamana.+ 40  Nuko Yehova arakarira cyane abantu be,Amaherezo yanga abo yagize umurage we. 41  Ni kenshi yagiye abareka bakigarurirwa n’ibindi bihugu,+Kugira ngo abanzi babo babategeke.+ 42  Abanzi babo barabakandamije,Kandi barabategeka. 43  Yagiye abakiza kenshi,+Ariko bakigomeka kandi ntibumvire,+Maze bagacishwa bugufi kubera amakosa yabo.+ 44  Icyakora yabonaga ibibazo babaga bahanganye na byo,+Kandi akumva gutabaza kwabo,+ 45  Maze akibuka isezerano yagiranye na bo,Akabagirira impuhwe abitewe n’urukundo rwe rwinshi rudahemuka.+ 46  Yatumaga ababaga barabajyanye mu bindi bihugu ku ngufu,+Babagirira impuhwe. 47  Yehova Mana yacu, dukize.+ Uduteranyirize hamwe udukuye mu bihugu bitandukanye,+Kugira ngo dusingize izina ryawe ryera,Kandi tugusingize tunezerewe.+ 48  Yehova Imana ya Isirayeli nasingizwe,Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose,+Kandi abantu bose bavuge ngo: “Amen!”* Nimusingize Yah!*

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Cyangwa “ibitambo byatambirwaga ibigirwamana.”
Bisobanura “intonganya.”
Cyangwa “bibe bityo.”
Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.