Zaburi 5:1-12

  • Yehova ni we abakiranutsi bahungiraho

    • Imana yanga ibibi (4, 5)

    • ‘Nyobora nkore ibikwiriye’ (8)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Nehiloti.* Ni indirimbo ya Dawidi. 5  Yehova, tega amatwi ibyo nkubwira,Wumve gutaka kwanjye.+   Mwami wanjye, Mana yanjye,Umva ijwi ryo gutabaza kwanjye, kuko ari wowe nsenga.   Yehova, mu gitondo uzajya wumva ijwi ryanjye.+ Buri gitondo nzajya ngusenga nkubwire ibimpangayikishije+ hanyuma ntegereze.   Nta muntu mubi uzakomeza kuba aho uri,+Kuko uri Imana itishimira ibibi.+   Ntuzakomeza kwemera abibone. Wanga abakora ibibi bose.+   Uzarimbura abantu bose babeshya.+ Yehova, wanga umuntu wese ugira urugomo n’uriganya.*+   Ariko njye nzinjira mu nzu yawe+ kubera ko ufite urukundo rwinshi rudahemuka.+ Nzapfukama nuname nerekeye urusengero rwawe rwera kuko ngutinya.+   Yehova, urakiranuka. Nyobora kuko abanzi banjye bangose. Kura ibisitaza mu nzira yawe kugira ngo nyigenderemo.+   Ibyo bavuga byose nta na kimwe wakwiringira. Imitima yabo yuzuye uburyarya. Imihogo yabo imeze nk’imva irangaye,Kandi bagira akarimi gashyeshyenga.*+ 10  Ariko Imana izababaraho icyaha. Ibyo bateganya gukora bizabarimbuza.+ Bazakurwaho bazira ibyaha byabo byinshi,Kuko bakwigometseho. 11  Ariko abaguhungiraho bose bazishima.+ Buri gihe bazajya barangurura amajwi y’ibyishimo. Abashaka kubagirira nabi uzababuza,Kandi abakunda izina ryawe bazakwishimira. 12  Yehova, ni wowe uzaha umugisha abakiranutsi. Uzabereka ko ubemera, kandi uzabarinda ubabere nk’ingabo nini ibakingira.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “umuntu wica abandi kandi akariganya.”
Cyangwa “gasize amavuta.”