Zaburi 59:1-17

  • Imana ni ingabo inkingira n’ubuhungiro bwanjye

    • “Ntugirire imbabazi abagambanyi” (5)

    • “Nzaririmba mvuga iby’imbaraga zawe” (16)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana yitwa “Wirimbura.” Mikitamu.* Ni zaburi ya Dawidi. Yayihimbye igihe Sawuli yoherezaga abantu bakagota inzu ya Dawidi kugira ngo bamwice.+ 59  Mana yanjye, nkiza abanzi banjye,+Undinde abashaka kundwanya.+   Unkize abakora ibibiN’abanyarugomo.   Dore barangenzura kugira ngo banyice.+ Abantu bafite imbaraga bangabaho ibitero,Kandi rwose Yehova, sinigeze nigomeka ndetse nta cyaha nakoze.+   Nubwo nta cyaha nakoze, bariruka bakitegura kungabaho igitero. Haguruka wumve gutaka kwanjye kandi urebe.   Yehova wowe Mana nyiri ingabo, uri Imana ya Isirayeli.+ Ngwino ugenzure abatuye ku isi bose. Ntugirire imbabazi abagambanyi.+ (Sela)   Bagaruka buri mugoroba,+Bakazenguruka umujyi+ bamoka nk’imbwa.+   Bahora bavuga amagambo mabi. Iminwa yabo imeze nk’inkota,+Kuko bavuga bati: “Nta wuzamenya ko ari twe twabivuze.”+   Ariko wowe Yehova, uzabaseka.+ Uzaseka abantu bo mu bihugu byose.+   Mana, ni wowe mbaraga zanjye kandi ni wowe mpanze amaso.+ Ni wowe mpungiraho nkagira umutekano.+ 10  Imana yo ingaragariza urukundo rudahemuka izantabara.+ Izatuma nishima hejuru y’abanzi banjye.+ 11  Ntubice kugira ngo abantu banjye batibagirwa. Ubazerereze ukoresheje imbaraga zawe. Yehova wowe ngabo idukingira ubarimbure,+ 12  Ubitewe n’amagambo mabi bavuga. Bafatirwe mu mutego w’ubwibone bwabo,+Kubera ko bifuriza abantu ibibi kandi bakabeshya. 13  Ubarakarire cyane ubarimbure.+ Ubarimbure ntibazongere kubaho. Ubereke ko Imana ari yo itegeka mu bakomoka kuri Yakobo ikagera ku mpera z’isi.+ (Sela) 14  Bareke bagaruke nimugoroba. Bareke bazenguruke umujyi bamoka nk’imbwa.+ 15  Ubareke bazerere bashaka icyo kurya,+Ntiwemere ko bahaga cyangwa ngo babone aho barara. 16  Ariko njyewe nzaririmba mvuga iby’imbaraga zawe.+ Mu gitondo nzavuga nishimye iby’urukundo rwawe rudahemuka,Kuko naguhungiyeho nkagira umutekano,+Kandi iyo ndi mu bibazo bikomeye cyane ni wowe nsanga.+ 17  Mana ni wowe mbaraga zanjye, nzakuririmbira.+ Ni wowe mpungiraho nkagira umutekano kandi ungaragariza urukundo rudahemuka.+

Ibisobanuro ahagana hasi