Zaburi 3:1-8

  • Kwiringira Imana no mu gihe turi mu ngorane

    • “Kuki abanzi banjye babaye benshi cyane?” (1)

    • “Agakiza gaturuka kuri Yehova” (8)

Indirimbo ya Dawidi, igihe yahungaga umuhungu we Abusalomu.+ 3  Yehova, kuki abanzi banjye babaye benshi cyane?+ Kuki hari abantu benshi biyemeje kundwanya?+   Hari benshi bavuga ibyanjyeBagira bati: “Imana ntizamukiza.”+ (Sela)*   Ariko wowe Yehova, umeze nk’ingabo inkingira.+ Wangize umunyacyubahiro+ kandi ni wowe utuma ngira ubutwari.+   Nzarangurura ijwi mpamagare Yehova,Kandi azansubiza ari ku musozi we wera.+ (Sela)   Nanjye nzaryama nsinzire,Kandi nzakanguka mfite umutekano,Kuko Yehova akomeje kunshyigikira.+   Sinzatinya abantu babarirwa mu bihumbi,Bishyize hamwe bakanturuka impande zose kugira ngo bandwanye.+   Yehova, haguruka unkize+ kuko ari wowe Mana yanjye! Uzakubita abanzi banjye bose mu rwasaya,Kandi amenyo y’ababi uzayamenagura.+   Agakiza gaturuka kuri Yehova.+ Abantu bawe ubaha umugisha. (Sela)

Ibisobanuro ahagana hasi