Zaburi 3:1-8

  • Kwiringira Imana n’igihe turi mu ngorane

    • “Kuki abanzi banjye babaye benshi cyane?” (1)

    • “Agakiza gaturuka kuri Yehova” (8)

Indirimbo ya Dawidi, igihe yahungaga umuhungu we Abusalomu. 3  Yehova, kuki abanzi banjye babaye benshi cyane? Kuki hari abantu benshi biyemeje kundwanya?   Hari benshi bavuga ibyanjye Bagira bati: “Imana ntizamukiza.” (Sela.)*   Ariko wowe Yehova, uri ingabo inkingira.Wangize umunyacyubahiro kandi ni wowe utuma ngira ubutwari.   Nzarangurura ijwi mpamagare Yehova,Kandi azansubiza ari ku musozi we wera. (Sela.)   Nanjye nzaryama nsinzire,Kandi nzakanguka mfite umutekanoKuko Yehova akomeje kunshyigikira.   Sinzatinya abantu babarirwa mu bihumbi,Bishyize hamwe bakanturuka impande zose kugira ngo bandwanye.   Yehova, haguruka unkize kuko ari wowe Mana yanjye! Uzakubita abanzi banjye bose mu rwasaya,Kandi amenyo y’ababi uzayamenagura.   Agakiza gaturuka kuri Yehova. Abantu bawe ubaha umugisha. (Sela.)

Ibisobanuro ahagana hasi