Zaburi 50:1-23

  • Imana icira urubanza indahemuka n’umuntu mubi

    • Isezerano ry’Imana rishingiye ku bitambo (5)

    • ‘Imana ni yo Mucamanza’ (6)

    • Inyamaswa zose ni iz’Imana (10, 11)

    • Imana ishyira ahagaragara umuntu mubi (16-21)

Indirimbo ya Asafu.+ 50  Yehova Imana isumba izindi mana zose,+ yaravuze. Nuko ahamagara abatuye ku isi hose,Kuva iburasirazuba kugeza iburengerazuba.   Imana yohereje umucyo wayo iri kuri Siyoni, ari wo mujyi ufite ubwiza buhebuje.+   Imana yacu izaza kandi ntishobora gukomeza guceceka.+ Imbere yayo hari umuriro utwika,+Kandi mu mpande zayo hose ikikijwe n’imvura nyinshi irimo imiyaga ikaze.+   Isaba ijuru n’isi ngo bibe abatangabuhamya,+Mu gihe icira urubanza abantu bayo.+   Imana iravuga iti: “Nimuteranye indahemuka zanjye zize aho ndi,Abe ari zo zigirana nanjye isezerano rishingiye ku bitambo.”+   Ijuru ritangaza ko Imana ikiranuka,Kuko ari yo Mucamanza.+ (Sela)   “Bantu banjye, nimutege amatwi mbabwire. Isirayeli we, ngiye kugushinja.+ Ni njye Mana, kandi ndi Imana yawe.+   Singucyaha kubera ibitambo byawe,Cyangwa ibitambo byawe bitwikwa n’umuriro bihora imbere yanjye.+   Nta kimasa nzakura mu nzu yawe. Nta n’ihene nzakura mu rugo rw’amatungo yawe,+ 10  Kuko inyamaswa zo mu ishyamba zose ari izanjye,+N’inyamaswa ziri ku misozi zose ni izanjye. 11  Inyoni zose zo mu misozi nzizi neza,+Kandi n’inyamaswa zitabarika zo mu gasozi ni izanjye. 12  Niyo nasonza sinabikubwira,Kuko ubutaka bwose n’ibyeramo byose ari ibyanjye.+ 13  Ese nkeneye kurya inyama z’ibimasa,No kunywa amaraso y’amasekurume y’ihene?+ 14  Jya utambira Imana ibitambo byo kuyishimira,+Kandi ujye ukora ibintu byose wasezeranyije Isumbabyose.*+ 15  Ku munsi w’ibyago uzantabaze.+ Nanjye nzagutabara, maze nawe uzansingize.”+ 16  Ariko umuntu mubi we, Imana izamubwira iti: “Ni nde waguhaye uburenganzira bwo kuvuga amategeko yanjye,+No kuvuga ibyerekeye isezerano ryanjye?+ 17  Dore wanze guhanwa,Kandi ukomeza kwirengagiza amagambo yanjye.+ 18  Iyo ubonye umujura uramushima,+Kandi ukomeza kuba incuti y’abasambanyi. 19  Ukoresha umunwa wawe ukwirakwiza ibibi,Kandi ururimi rwawe ntirutana n’uburiganya.+ 20  Uricara ukavuga nabi umuvandimwe wawe,+Ugaharabika uwo muvukana. 21  Ibyo byose warabikoze nkomeza kwicecekera,Maze wibwira ko meze nkawe. Ariko ubu ngiye kuguhana,Kandi ibyo ngushinja byose nzabikubwira.+ 22  Mwebwe abibagirwa Imana nimusobanukirwe ibyo,+Kugira ngo ntabarimbura kandi ntihagire ubatabara. 23  Umuntu untambira ibitambo byo kunshimira ni we unsingiza,+Kandi umuntu ukomeza gukora ibikwiriye,Nzamukiza.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ujye uhigura imihigo wahigiye Isumbambyose.”