Zaburi 57:1-11

  • Isengesho ry’umuntu usaba ko Imana imugirira neza

    • Nahungiye mu mababa y’Imana (1)

    • Abanzi bagwa mu mitego batega (6)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana yitwa “Wirimbura.” Mikitamu.* Ni Zaburi ya Dawidi. Yayihimbye igihe yahungiraga Sawuli mu buvumo.+ 57  Ungirire neza Mana. Rwose ngirira neza,Kuko ari wowe mpungiraho.+ Nahungiye mu mababa yawe kugeza aho ibyago bizashirira.+   Ntakambira Imana Isumbabyose. Ntakambira Imana y’ukuri, yo inkiza ibyago byanjye byose.   Izantabara iri mu ijuru kandi inkize.+ Izatuma abashaka kungirira nabi nta cyo bageraho. (Sela) Imana izagaragaza ko igira urukundo rudahemuka kandi ko yiringirwa.+   Nkikijwe n’abantu bameze nk’intare.+ N’iyo ndyamye ngo nsinzire, iruhande rwanjye haba hari abantu bameze nk’inyamaswa z’inkazi kandi ziryana. Amenyo yabo ameze nk’amacumu n’imyambi,N’indimi zabo zimeze nk’inkota zityaye.+   Mana, garagariza mu ijuru ko ukomeye,Kandi abantu bose bo ku isi ubereke icyubahiro cyawe.+   Abanzi banjye banteze umutego. + Ndahangayitse cyane.+ Bancukuriye umwobo,Ariko ni bo bawuguyemo.+ (Sela)   Mana, niyemeje kukubera indahemuka.+ Rwose nzakubera indahemuka. Nzakuririmbira kandi ngucurangire.   Reka mbyuke. Reka mbyuke izuba ritararasa,Kuko nshaka gucuranga inanga n’ibindi bikoresho by’umuziki.+   Yehova, nzagusingiza ndi mu bantu benshi.+ Nzakuririmbira ndi mu bantu bo mu bindi bihugu.+ 10  Urukundo rwawe rudahemuka ni rwinshi rugera ku ijuru,+Kandi uhora uri uwo kwizerwa. 11  Mana, garagariza mu ijuru ko ukomeye,Kandi abantu bose bo ku isi ubereke icyubahiro cyawe.+

Ibisobanuro ahagana hasi