Zaburi 8:1-9

  • Icyubahiro cy’Imana n’icyubahiro cy’abantu

    • “Mbega ukuntu izina ryawe rikomeye!” (1, 9)

    • “Umuntu ni iki?” (4)

    • Wamwambitse icyubahiro (5)

Ku mutware w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Gititi.* Ni indirimbo ya Dawidi. 8  Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye mu isi yose!Washyize icyubahiro cyawe hejuru cyane gisumba ijuru.*   Wagaragarije imbaraga zawe mu byo abana bato n’abonka bavuga,Uzigaragariza abakurwanya,Kugira ngo ucecekeshe abanzi bawe n’abishyura abandi ibibi babakoreye.   Iyo ndebye mu kirere,* nkabona imirimo y’intoki zawe,Nkareba ukwezi n’inyenyeri waremye,   Bituma nibaza nti: ‘Umuntu ni iki ku buryo wamuzirikana?Kandi se umuntu waremwe mu mukungugu ni iki ku buryo wamwitaho?’   Dore wamuremye abura ho gato ngo abe nk’abamarayika,Kandi wamwambitse ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro.   Wamuhaye gutegeka ibyo waremye,Ibintu byose urabimuha ngo abiyobore, hakubiyemo:   Intama, ihene, inka,Inyamaswa zo mu gasozi,   Ibiguruka byo mu kirere, amafi yo mu nyanja,N’ibigenda mu nyanja byose.   Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye cyane mu isi yose!

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora no kuvugwa ngo: “Icyubahiro cyawe kivugwa hejuru y’ijuru.”
Cyangwa “ijuru.”