Zaburi 8:1-9

  • Icyubahiro cy’Imana n’icyubahiro cy’abantu

    • “Mbega ukuntu izina ryawe rikomeye!” (1, 9)

    • “Umuntu ni iki?” (4)

    • Wamwambitse icyubahiro (5)

Ku mutware w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Gititi.* Ni indirimbo ya Dawidi. 8  Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye mu isi yose! Washyize icyubahiro cyawe hejuru cyane, gisumba ijuru.*+   Wagaragarije imbaraga zawe mu byo abana bato+ n’abonka bavuga,Uzigaragariza abakurwanya,Kugira ngo ucecekeshe abanzi bawe n’abishyura abandi ibibi babakoreye.   Iyo ndebye mu kirere,* nkabona imirimo y’intoki zawe,Nkareba ukwezi n’inyenyeri waremye,+   Bituma nibaza nti: “Umuntu ni iki ku buryo wamuzirikana? Kandi se umuntu waremwe mu mukungugu ni iki ku buryo wamwitaho?”+   Dore wamuremye abura ho gato ngo abe nk’abamarayika,*Kandi wamwambitse ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro.   Wamuhaye gutegeka ibyo waremye,+Ibintu byose urabimuha ngo abiyobore, hakubiyemo:   Intama, ihene, inka,Inyamaswa zo mu gasozi,+   Ibiguruka byo mu kirere, amafi yo mu nyanja,N’ibigenda mu nyanja byose.   Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye cyane mu isi yose!

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora no kuvugwa ngo: “Icyubahiro cyawe kivugwa hejuru y’ijuru.”
Cyangwa “ijuru.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abajya kumera nk’Imana.”