Zaburi 8:1-9
Ku mutware w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Gititi.* Ni indirimbo ya Dawidi.
8 Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye mu isi yose!
Washyize icyubahiro cyawe hejuru cyane, gisumba ijuru.*+
2 Wagaragarije imbaraga zawe mu byo abana bato+ n’abonka bavuga,Uzigaragariza abakurwanya,Kugira ngo ucecekeshe abanzi bawe n’abishyura abandi ibibi babakoreye.
3 Iyo ndebye mu kirere,* nkabona imirimo y’intoki zawe,Nkareba ukwezi n’inyenyeri waremye,+
4 Bituma nibaza nti: “Umuntu ni iki ku buryo wamuzirikana?
Kandi se umuntu waremwe mu mukungugu ni iki ku buryo wamwitaho?”+
5 Dore wamuremye abura ho gato ngo abe nk’abamarayika,*Kandi wamwambitse ikamba ry’ikuzo n’icyubahiro.
6 Wamuhaye gutegeka ibyo waremye,+Ibintu byose urabimuha ngo abiyobore, hakubiyemo:
7 Intama, ihene, inka,Inyamaswa zo mu gasozi,+
8 Ibiguruka byo mu kirere, amafi yo mu nyanja,N’ibigenda mu nyanja byose.
9 Yehova Mwami wacu, mbega ukuntu izina ryawe rikomeye cyane mu isi yose!
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Reba Ibisobanuro by’amagambo.
^ Bishobora no kuvugwa ngo: “Icyubahiro cyawe kivugwa hejuru y’ijuru.”
^ Cyangwa “ijuru.”
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abajya kumera nk’Imana.”