Zaburi 132:1-18

  • Dawidi yaratoranyijwe na Siyoni iratoranywa

    • “Ntiwirengagize uwo wasutseho amavuta” (10)

    • Abatambyi b’i Siyoni nzabakiza (16)

Indirimbo baririmbaga bazamuka bagiye i Yerusalemu. 132  Yehova, ibuka Dawidi,Wibuke n’imibabaro ye yose.+   Yehova, wowe Mana ikomeye ya Yakobo,Ibuka indahiro Dawidi yakurahiye, agira ati:+   “Sinzinjira mu nzu yanjye,+Sinzaryama mu buriri bwiza cyane.   Sinzemerera amaso yanjye gutora agatotsi,Kandi sinzemerera amaso yanjye gusinzira,   Ntarabona aho nzashyira inzu nziza cyane ya Yehova,Ntarabona ahantu heza Imana ikomeye ya Yakobo itura.”+   Dore twumvise bavuga ibyayo* turi muri Efurata,+Tuyibona mu ishyamba.+   Nimuze tujye mu nzu ye.*+ Nimuze dupfukame imbere ye.+   Yehova, haguruka ujye ahantu hawe ho kuruhukira,+Wowe n’Isanduku igaragaza imbaraga zawe.+   Abatambyi bawe bajye bakora ibyo gukiranuka,N’indahemuka zawe zirangurure amajwi y’ibyishimo. 10  Ntiwirengagize uwo wasutseho amavuta,Ubigiriye umugaragu wawe Dawidi.+ 11  Yehova yarahiye Dawidi,Kandi ni ukuri ntazisubiraho. Yaravuze ati: “Umwe mu bagukomokaho,Nzamwicaza ku ntebe yawe y’ubwami.+ 12  Abana bawe nibubahiriza isezerano ryanjye,Bakumvira n’ibyo nzajya mbigisha,+Abana babo na bo,Bazicara ku ntebe yawe y’ubwami iteka ryose.”+ 13  Yehova yatoranyije Siyoni,+Yifuza cyane kuhatura. Yaravuze ati:+ 14  “Aha ni ho nzajya nduhukira kugeza iteka ryose. Aha ni ho nzatura+ kuko nahifuje cyane. 15  Nzaha abo muri uwo mujyi ibibatunga byinshi. Abakene baho nzabaha ibyokurya bahage.+ 16  Abatambyi baho nzabakiza,*+Kandi indahemuka zaho zizarangurura amajwi y’ibyishimo.+ 17  Aho ni ho nzahera Dawidi imbaraga nyinshi. Nateganyije aho uwo nasutseho amavuta azakomoka.*+ 18  Nzatuma abanzi be bakorwa n’isoni,Ariko ikamba ryo ku mutwe we rizarabagirana.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Uko bigaragara byerekeza ku Isanduku y’Isezerano.
Cyangwa “mu ihema rye rinini.”
Cyangwa “abatamyi baho nzabambika agakiza.”
Cyangwa “natunganyirije itara uwo nasutseho amavuta.”