Zaburi 84:1-12

  • Umulewi wifuza cyane kureba urusengero rwiza cyane rw’Imana

    • Yifuza kwibera nk’inyoni (3)

    • “Umunsi umwe mu bikari byawe” (10)

    • ‘Imana ni nk’izuba kandi ni nk’ingabo’ (11)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Gititi.* Ni indirimbo y’abahungu ba Kora.+ 84  Yehova nyiri ingabo,Nkunda cyane ihema ryawe rihebuje.+ Nkunda cyane inzu utuyemo!*   Yehova nifuza cyane kwibera mu bikari by’inzu yawe.+ Iyo mbitekerejeho birandenga. Mana y’ukuri ndangurura ijwi, nkakuririmbiraMfite ibyishimo byinshi.   Yewe n’inyoni zabonye aho ziba mu nzu yawe! Intashya na zo zahubatse ibyari,Zishyiramo ibyana byazo. Zibera hafi y’igicaniro cyawe gikomeye, Yehova nyiri ingabo,Mwami wanjye, Mana yanjye!   Abantu bagira ibyishimo ni abatura mu nzu yawe,+Kandi bahora bagusingiza.+ (Sela)   Abantu bagira ibyishimo ni abo uha imbaraga,+Kandi bifuza kunyura mu nzira ijya mu nzu yawe.   Iyo banyuze mu Kibaya gifite ubutaka bwumagaye bumeraho ibihuru by’i Baka,Bagihindura amasoko y’amazi,Kandi imvura nyinshi ikigwamo, ituma ubutaka bwacyo bworoha.   Bazakomeza kugenda ariko imbaraga zabo ntizizashira.+ Buri wese azaza i Siyoni imbere y’Imana.   Yehova Mana nyiri ingabo, umva isengesho ryanjye. Mana ya Yakobo, ntega amatwi. (Sela)   Mana yacu wowe ngabo idukingira,+Girira neza uwo wasutseho amavuta.+ 10  Kumara umunsi umwe mu bikari byawe, biruta kumara iminsi 1.000 ahandi.+ Nahisemo guhagarara ku muryango w’inzu y’Imana yanjye,Aho gutura mu mahema y’ababi. 11  Kuko Yehova ari nk’izuba+ ritumurikira kandi akaba nk’ingabo idukingira.+ Ni we ugirira neza abantuKandi akabahesha icyubahiro. Nta kintu cyiza Yehova azima abantu b’indahemuka.+ 12  Yehova nyiri ingabo,Umuntu ukwiringira ni we ugira ibyishimo.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ihema ryawe.”