Zaburi 88:1-18

  • Isengesho ry’umuntu usaba kurindwa urupfu

    • “Ndi hafi gupfa” (3)

    • “Ngusenga buri gitondo” (13)

Indirimbo y’abahungu ba Kora.+ Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Mahalati.* Bamwe bayiririmba abandi bikiriza. Masikili* ya Hemani+ umuhungu wa Zera. 88  Yehova Mana mukiza wanjye,+Ku manywa ndagutakira,Kandi na nijoro nza imbere yawe.+   Mana, umva isengesho ryanjye.+ Ntega amatwi wumve gutabaza kwanjye.+   Nibasiwe n’ibibazo byinshi,+Kandi ndi hafi gupfa.+   Abantu babona ko nanjye ndi mu bamanuka bajya mu mva.*+ Nabaye nk’umugabo udashobora kwirwanaho,+   Warekewe mu bapfuye. Meze nk’abantu bishwe, bari mu mva,Abo utacyibuka,Kandi utacyitaho.   Wanshyize mu rwobo rwo hasi cyane,Unshyira ahantu h’umwijima, mu mwobo munini cyane w’ikuzimu.   Warandakariye cyane numva birandemereye.+ Ibyo unkorera bimeze nk’imivumba ikaze cyane inyituraho. (Sela.)   Abo twari tuziranye wabajyanye kure yanjye.+ Watumye banyanga cyane. Nafatiwe mu mutego kandi sinshobora kuwikuramo.   Amaso yanjye ntareba neza kubera agahinda.+ Yehova, naragutakiye burinda bwira.+ Ngutegeye ibiganza ngusenga. 10  Ese abapfuye uzabakorera ibitangaza? Ese abapfuye batagira icyo bimarira bazahaguruka maze bagusingize?+ (Sela.) 11  Ese urukundo rwawe rudahemuka ruzamamarizwa mu mva? Cyangwa se ubudahemuka bwawe buzamamarizwa ahantu ho kurimbukira?* 12  Ese ibitangaza byawe bizamenyekanira mu mwijima,Cyangwa se gukiranuka kwawe kumenyekanire mu gihugu cy’abibagiranye?+ 13  Nyamara Yehova, ndacyakomeje kugutabaza.+ Ngusenga buri gitondo.+ 14  Yehova, kuki wantereranye?+ Ni iki gituma unyirengagiza?+ 15  Kuva nkiri mutoNahuye n’imibabaro myinshi kandi nabaga nenda gupfa.+ Nacitse intege cyane bitewe n’ibintu biteye ubwoba wemeye bikangeraho. 16  Warandakariye cyane birandenga.+ Ibintu biteye ubwoba biguturukaho byarampungabanyije. 17  Byankikije nk’amazi umunsi wose. Byangoteye icyarimwe. 18  Incuti zanjye na bagenzi banjye, warabatwaye ubashyira kure yanjye.+ Umwijima ni yo ncuti yonyine nsigaranye.

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “mu rwobo.”
Cyangwa “muri Abadoni.”