Zaburi 71:1-24

  • Ibyiringiro by’abageze mu zabukuru

    • Niringiye Imana kuva nkiri muto (5)

    • ‘Imbaraga zanjye niziba nke’ (9)

    • ‘Imana yanyigishije kuva nkiri muto’ (17)

71  Yehova, ni wowe nahungiyeho. Ntuzemere ko nkorwa n’isoni.+   Unkize kandi undokore kubera ko ukiranuka. Untege amatwi* kandi unkize.+   Umbere nk’inzu y’umutamenwa* yubatse ku rutare,Nzajya mpora mpungiramo. Utegeke ko nkizwa,Kuko uri igitare cyanjye kandi akaba ari wowe mpungiraho, nkabona umutekano.+   Mana yanjye, unkize umuntu mubi,+N’umuntu urenganya abandi kandi akabakandamiza.   Yehova Mwami w’Ikirenga,Ni wowe niringira kandi ni wowe nizera kuva nkiri muto.+   Uhereye igihe navukiye ni wowe nishingikirizaho. Ni wowe wankuye mu nda ya mama.+ Nzahora ngusingiza.   Abantu benshi iyo bambonye barantangarira kandi bakanshima,Ariko nzi ko ari wowe buhungiro bwanjye bukomeye.   Mpora ngushima.+ Mvuga ubwiza bwawe bukarinda bwira.   Ntunte ngeze mu zabukuru,+Kandi ntuntererane imbaraga zanjye zimaze kuba nke.+ 10  Abanzi banjye bavuga amagambo bandwanya,N’abashaka kunyica bakagambana,+ 11  Bagira bati: “Imana yaramutaye. Nimumukurikire mumufate kuko atagira umutabara.”+ 12  Mana, ntukomeze kumba kure. Mana yanjye, banguka untabare.+ 13  Abandwanya bakorwe n’isoni,Kandi barimbuke.+ Abanyifuriza ibyago basebe,Kandi bacishwe bugufi.+ 14  Ariko njye nzakomeza gutegereza. Nzagusingiza, ndetse ndushe uko nabikoraga mbere. 15  Nzavuga ibyo gukiranuka kwawe,+Mvuge ibikorwa byawe byo gukiza burinde bwira,Nubwo ari byinshi cyane ku buryo ntabasha kubibara byose.+ 16  Yehova Mwami w’Ikirenga,Nzaza mvuge ibikorwa byawe bikomeye. Nzavuga ibyo gukiranuka kwawe. 17  Mana, wanyigishije kuva nkiri muto,+Kandi kugeza n’ubu ndacyavuga imirimo yawe itangaje.+ 18  Mana, ntundeke nubwo ngeze mu zabukuru kandi nkaba mfite imvi.+ Reka mbwire ab’igihe kizaza iby’imbaraga zawe,Mbwire n’abazakurikiraho ibyo gukomera kwawe.+ 19  Mana, gukiranuka kwawe kurahambaye.+ Wakoze ibintu byinshi bikomeye. Mana, ni nde uhwanye nawe?+ 20  Nubwo watumye mpura n’ibyago byinshi n’ibibazo byinshi,+Ongera unsubizemo imbaraga,Kandi unkure mu mazi menshi.*+ 21  Unyongerere icyubahiro,Undinde kandi umpumurize. 22  Nanjye nzagusingiza ncuranga igikoresho cy’umuziki gifite imirya,Kubera ubudahemuka bwawe Mana.+ Uwera wa Isirayeli,Nzagusingiza ndirimba ncuranga n’inanga. 23  Igihe nzaba ngusingiza ndirimba, nzarangurura ijwi ry’ibyishimo,+Kubera ko wankijije.*+ 24  Nzavuga ibyo gukiranuka kwawe burinde bwira,+Kuko abanyifuriza gupfa bamwaye bagakorwa n’isoni.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “wuname untege amatwi.”
Ni inzu ikomeye cyane.
Cyangwa “umwobo muremure.”
Cyangwa “wancunguye.”