Zaburi 81:1-16

  • Baterwa inkunga yo kumvira

    • Ntimugasenge izindi mana (9)

    • ‘Iyaba gusa mwanyumviraga!’ (13)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana yitwa “Gititi.”* Ni zaburi ya Asafu.+ 81  Murangururire Imana ijwi ry’ibyishimo, yo mbaraga zacu.+ Murangururire Imana ya Yakobo ijwi ryo gutsinda.   Mutere indirimbo kandi mufate ishako.* Mufate inanga ivuga neza n’ibindi bikoresho by’umuziki.*   Muvuze ihembe mu ntangiriro z’ukwezi,*+Murivuze ku munsi mukuru wacu, igihe ukwezi kuba kugaragara kose.*+   Kuko iryo ari itegeko ryategetswe Abisirayeli. Ni itegeko ry’Imana ya Yakobo.+   Yarishyiriyeho Yozefu kugira ngo rijye rimwibutsa,+Igihe yanyuraga mu gihugu cya Egiputa.+ Twumvise ijwi ariko ntitwamenye uwavugaga.   Imana iravuze iti: “Namukijije imitwaro iremereye yahekaga+Amaboko ye areka gutwara igitebo.*   Igihe wari ufite ibibazo warantabaje ndagutabara.+ Nagushubije ndi mu gicu cyijimye.+ Nakugeragereje ku mazi y’i Meriba.*+ (Sela)   Nimwumve bantu banjye. Mureke mbagire inama. Bisirayeli mwe, iyaba gusa mwantegaga amatwi.+   Ntimukagire izindi mana musenga,Kandi ntimukunamire ibigirwamana.+ 10  Njyewe Yehova, ndi Imana yawe,Imana yagukuye mu gihugu cya Egiputa.+ Asama cyane maze nkugaburire uhage.+ 11  Ariko abantu banjye banze kumva ibyo mbabwira. Isirayeli yanze kunyumvira.+ 12  Ni yo mpamvu nabaretse bagakurikiza imitima yabo yinangiye,Bagakora ibyo bibwira ko ari byiza.+ 13  Iyaba gusa abantu banjye baranyumviye!+ Iyaba Isirayeli yarakurikije amategeko yanjye!+ 14  Mba narahise ntsinda abanzi babo. Mba narakoresheje imbaraga zanjye nkibasira ababarwanya.+ 15  Abanga Yehova bazaza aho ari bafite ubwoba,Bazagerwaho n’ibyago iteka ryose. 16  Ariko uzakomeza kugaburira abantu bawe ingano nziza kurusha izindi,+Kandi uzabaha ubuki bwo mu rutare baburye bahage.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni akagoma gato bavuza bafashe mu ntoki.
Ni ibikoresho by’umuziki bifite imirya.
Cyangwa “ku munsi ukwezi kwabonekeyeho.”
Cyangwa “igihe ukwezi kuba ari inzora.”
Uko bigaragara aha berekeza ku bitebo byakoreshwaga n’abacakara, bari gutunda ibikoresho by’ubwubatsi.
Bisobanura “intonganya.”