Zaburi 27:1-14
Zaburi ya Dawidi.
27 Yehova ni urumuri rwanjye+ n’umukiza wanjye.
Nzatinya nde?+
Yehova ni we undinda.+
Ni nde uzantera ubwoba?
2 Igihe abagizi ba nabi, ari na bo banzi banjye, bandwanyaga, bakantera bashaka kunyica,+Barasitaye baragwa.
3 Nubwo naba ngoswe n’ingabo,Sinzagira ubwoba.+
Nubwo nahura n’intambara,Nabwo nzakomeza kumwiringira.
4 Ikintu kimwe nasabye Yehova,Ari na cyo nifuza,Ni uko natura mu nzu ya Yehova iminsi yose yo kubaho kwanjye,+Nkareba ubwiza bwa Yehova,Kandi nkitegereza urusengero rwe nishimye.+
5 Kuko ku munsi w’amakuba azampisha ahantu hari umutekano.+
Azampisha mu bwihisho bw’ihema rye.+
Azanshyira ku rutare rurerure, kugira ngo abanzi banjye batangirira nabi.+
6 Natsinze abanzi banjye bose bangose.
Nzatamba ibitambo mu ihema rye ndangurura ijwi ry’ibyishimo.
Nzaririmbira Yehova musingiza.
7 Yehova, ningutakira ujye unyumva,+Ungirire neza kandi unsubize.+
8 Navuze ibyawe ngira nti:
“Nimushake uko mwakwemerwa n’Imana.”
Yehova, nzakora uko nshoboye nemerwe nawe.+
9 Mana, ntunyirengagize.+
Ntundakarire ngo unyirukane,Ahubwo untabare.+
Mana mukiza wanjye, ntundeke kandi ntuntererane.
10 Niyo papa na mama banta,+Nzi ko wowe Yehova, uzanyakira.+
11 Yehova, nyigisha inzira yawe+Kandi unyobore mu nzira yo gukiranuka, unkize abanzi banjye.
12 Ntundeke ngo abanzi banjye bangenze uko bashaka,+Kuko hari abiyemeje kunshinja ibinyoma,+Kandi bankangisha kungirira nabi.
13 Ese iyo ntizera ko nzaba nkiriho ngo mbone ineza ya Yehova,Nari kuba uwa nde?*+
14 Iringire Yehova.+
Gira ubutwari kandi ukomere.+
Rwose, iringire Yehova.
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Bishobora no kuvugwa ngo: “Nizeye ntashidikanya ko nzabona ineza ya Yehova nkiriho.”