2024
Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu
Igitambo Yesu yatanze gishobora kukumarira iki?
Tugutumiye muri izi gahunda uko ari ebyiri:
-
Disikuru yihariye “Umuzuko ugaragaza ko urupfu ruzatsindwa”
-
Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu
Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu
Ku Cyumweru, tariki ya 24 Werurwe 2024
Buri mwaka, Abahamya ba Yehova bibuka urupfu rwa Yesu nk’uko yabitegetse, igihe yavugaga ati: “Mujye mukomeza gukora mutya munyibuka.”—Luka 22:19.
DISIKURU YIHARIYE
“Umuzuko ugaragaza ko urupfu ruzatsindwa”
Iyi disikuru izatangwa mu cyumweru kibanziriza Urwibutso. Uzayitanga azasobanura icyo wowe nʼincuti zawe umuzuko ushobora kubamarira.
Ibibazo abantu bakunze kwibaza
Iyo gahunda imara igihe kingana iki?
Izamara isaha imwe.
Izabera he?
Baza Abahamya ba Yehova bo mu gace k’iwanyu bakurangire.
Ese iyo umuntu aje arishyura?
Oya.
Ese hari amaturo mwaka?
Oya. Abahamya ba Yehova ntibajya baka amaturo mu materaniro yabo.
Ese hari imyambaro runaka isabwa?
Nubwo nta myambaro runaka yagenewe uyu munsi mukuru, Abahamya ba Yehova bagerageza gukurikiza amahame yo muri Bibiliya abasaba kwambara mu buryo bwiyubashye kandi bushyize mu gaciro (1 Timoteyo 2:9). Si ngombwa ko imyenda yawe iba ihenze cyangwa yihariye.
Ku Rwibutso hakorwa iki?
Amateraniro aba ku munsi w’urwibutso, atangizwa kandi agasozwa n’indirimbo n’isengesho ritangwa n’Umuhamya wa Yehova. Ahanini aba agizwe n’ikiganiro gishingiye kuri Bibiliya gisobanura icyo urupfu rwa Yesu rutumariye n’ukuntu ibyo Imana na Kristo bakoze bishobora kutugirira akamaro.
Urwibutso rwo mu gihe kiri imbere ruzaba ryari?
Mu mwaka wa 2024: Ku Cyumweru, tariki ya 24 Werurwe
Mu mwaka wa 2025: Ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Mata
Mu mwaka wa 2026: Ku wa Kane, Tariki ya 2 Mata
Niba wifuza ibindi bisobanuro, reba ingingo ivuga ngo: “Kuki Abahamya ba Yehova bizihiza Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba mu buryo butandukanye n’andi madini?”
Niba wifuza kumenya byinshi, reba videwo zikurikira:
Reba incamake y’ibintu bihebuje bizabaho mu gihe kizaza, bitewe no kuba Yesu yarapfuye.
Ushobora kuba warumvise ko Yesu yapfuye bitewe n’ibyaha byacu. Ariko se igitambo cy’umuntu umwe gishobora kugirira akamaro abantu babarirwa muri za miliyoni?
Vanaho urupapuro rw’ubu butumire.