Ikinyarwanda
Utumiwe mu ikoraniro ry’iminsi itatu 2026​​—⁠“Ushobora kugira ibyishimo iteka ryose”
https://cms-imgp.jw-cdn.org/img/p/1102026198/univ/art/1102026198_univ_sqr_xl.jpg

Uratumiwe

Ushobora kugira ibyishimo iteka ryose

Ikoraniro ry’Abahamya ba Yehova 2026

Shaka aho ikoraniro rizabera hafi yawe

Kwinjira ni ubuntu Nta maturo yakwa

Ibyo tuziga muri iri koraniro

Ku wa Gatanu: Tuzasuzumira hamwe imirongo yo muri Bibiliya igaragaza ko Yehova n’Umwana we Yesu bifuza ko wishima.

Ku wa Gatandatu: Tuzasuzuma Ikibwiriza cya Yesu cyo ku musozi maze dukuremo inama zadufasha kwishima iteka ryose.

Ku Cyumweru: Disikuru ivuga ngo: “Ese wabonye ubutunzi bw’agaciro kenshi?” izatwereka uko Bibiliya yatumye abantu benshi bagira ibyishimo.

Filimi ishingiye kuri Bibiliya

Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu: Icyiciro cya 4-6

Tuzareba uko Yesu yigishije abantu benshi, agakiza abarwayi kandi akazura abapfuye. Buri munsi tuzajya tureba icyiciro kimwe cy’izi filimi z’uruhererekane.

Sura urubuga rwa jw.org kugira ngo urebe porogaramu yose kandi urebe videwo zikurikira:

Mu makoraniro yacu hakorerwa ibi ki?

Menya ibibera mu ikoraniro ry’Abahamya ba Yehova.

Reba ibyo tuziga mu ikoraniro ry’iminsi itatu ryo muri uyu mwaka.

Yesu yakoresheje ate impano yari afite afasha abandi?

Reba ibyiciro bya filimi twarebye mu makoraniro yabaye.