Zaburi 105:1-45

  • Ibyo Yehova akorera abantu be bigaragaza ko ari indahemuka

    • Imana yibuka isezerano ryayo (8-10)

    • “Ntimukore ku bantu banjye natoranyije” (15)

    • Imana yakoresheje Yozefu wari umucakara (17-22)

    • Ibitangaza Imana yakoreye muri Egiputa (23-36)

    • Abisirayeli bava muri Egiputa (37-39)

    • Imana yibuka isezerano yasezeranyije Aburahamu (42)

105  Mushimire Yehova,+ mumusenge muvuga izina rye. Mumenyeshe abantu bo ku isi hose ibikorwa bye.+   Nimumuririmbire kandi mumusingize,*Mutekereze mwitonze ku mirimo yose itangaje yakoze.+   Muterwe ishema n’izina rye ryera.+ Abashaka Yehova bose nibishime.+   Nimushake Yehova+ kandi mumusabe ko abaha imbaraga ze. Buri gihe mujye muhatanira kwemerwa na we.   Mwibuke imirimo itangaje yakoze. Mwibuke ibitangaza bye n’uko yaciye imanza zikiranuka,+   Mwebwe abakomoka ku mugaragu w’Imana Aburahamu,+Mwebwe abahungu ba Yakobo, abo yatoranyije.+   Yehova ni Imana yacu.+ Ni we ucira imanza abatuye mu isi bose.+   Imana ntizigera yibagirwa isezerano ryayo.+ Izibuka isezerano yagiranye n’abantu bayo kugeza iteka ryose.+   Izibuka isezerano yagiranye na Aburahamu,+Hamwe n’indahiro yarahiye Isaka.+ 10  Iyo ndahiro yarayikomeje ibera Yakobo itegeko,Kandi ibera Isirayeli isezerano rihoraho. 11  Yatanze iryo sezerano igira iti: “Nzaguha igihugu cy’i Kanani,+Kibe umurage* wawe.”+ 12  Ibyo byabaye igihe bari bakiri bake.+ Bari bakiri bake cyane kandi ari abanyamahanga muri icyo gihugu.+ 13  Bavaga mu gihugu kimwe bajya mu kindi,Bakava mu bwami bumwe bajya mu bundi.+ 14  Nta muntu n’umwe yemereye kubakandamiza.+ Ahubwo yacyashye abami ngo batagira icyo babatwara,+ 15  Irababwira iti: “Ntimukore ku bantu banjye natoranyije,Kandi ntimugirire nabi abahanuzi banjye.”+ 16  Yateje inzara mu gihugu,+ibima ibyokurya.* 17  Yohereje umuntu wo kubabanziriza imbere,Ari we Yozefu wagurishijwe akaba umucakara.+ 18  Ibirenge bye babihambirije iminyururu,+Ijosi rye barishyira mu byuma. 19  Ijambo rya Yehova ni ryo ryamutunganyije,+Kugeza igihe ibyo Imana yavuze byabereye. 20  Umwami aratuma ngo bamubohore,+Umutware aratuma ngo bamurekure. 21  Yamugize umutware w’urugo rwe,Amuha inshingano yo kuyobora ibyo atunze byose,+ 22  Amuha abatware be ngo abategeke uko ashaka,Kandi ajye yigisha ubwenge abakuru bo muri icyo gihugu.+ 23  Nuko Abisirayeli baza muri Egiputa,+Maze Yakobo atura mu gihugu cya Hamu ari umunyamahanga. 24  Imana ituma abantu bayo baba benshi cyane.+ Yatumye bakomera baruta abanzi babo.+ 25  Yemeye ko Abanyegiputa banga abantu bayo,Bacura imigambi yo kugirira nabi abagaragu bayo.+ 26  Yatumye Mose umugaragu wayo,+Na Aroni+ uwo yatoranyije. 27  Bakoreye ibimenyetso byinshi muri bo,*Bakorera ibitangaza mu gihugu cya Hamu.+ 28  Yohereje umwijima maze igihugu kirijima,+Kandi bumviye* amagambo yayo. 29  Amazi y’Abanyegiputa yayahinduye amaraso,Yica amafi yabo.+ 30  Igihugu cyabo cyuzuye ibikeri,+Byuzura no mu byumba by’ibwami. 31  Yahamagaye amasazi aryana cyane* araza,Ihamagara n’imibu* ngo ize mu turere twabo twose.+ 32  Aho kugusha imvura yagushije urubura,Kandi yohereza imirabyo mu gihugu cyabo.+ 33  Yangije imizabibu n’imitini yabo,Kandi ivunagura ibiti byo mu gihugu cyabo. 34  Yahamagaye inzige ziraza,Haza inzige nyinshi cyane.+ 35  Zariye ibimera byose byo mu gihugu cyabo,Zirya ibyari byeze ku butaka bwabo byose. 36  Yishe abana bose b’imfura bo mu gihugu cyabo,+Abo ubushobozi bwabo bwo kubyara bwatangiriyeho. 37  Yavanyeyo abantu bayo bafite ifeza na zahabu,+Kandi abantu bose bo mu miryango yabo bari bafite imbaraga. 38  Bamaze kugenda Abanyegiputa barishimye,Kuko Abisirayeli bari babateye ubwoba.+ 39  Imana yashyizeho igicu kirabakingiriza,+Ishyiraho n’umuriro wo kubamurikira nijoro.+ 40  Barasabye ibazanira inyoni zimeze nk’inkware,*+Kandi yakomezaga kubagaburira ibyokurya bivuye mu ijuru bagahaga.+ 41  Yafunguye urutare amazi atangira kududubiza,+Maze atemba nk’uruzi mu turere tw’ubutayu.+ 42  Yibutse isezerano ryera yasezeranyije umugaragu wayo Aburahamu,+ 43  Maze ikurayo abantu bayo bishimye cyane,+Ikurayo abo yatoranyije barangurura amajwi y’ibyishimo. 44  Yabahaye ibihugu by’abandi bantu.+ Babonye umurage abandi bantu baruhiye.+ 45  Yashakaga ko bazajya bubahiriza amabwiriza yayo,+Kandi bakumvira amategeko yayo. Nimusingize Yah!*

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “mumucurangire.”
Umurage ni umutungo umubyeyi aha abana be cyangwa undi muntu.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “avuna inkoni bamanikagaho imigati.” Bishobora kuba byerekeza ku nkoni babikagaho imigati.
Birashoboka ko ari Abanyegiputa.
Birashoboka ko ari Mose na Aroni.
Cyangwa “ibibugu.”
Ni ubwoko bw’udukoko twabaga muri Egiputa tumeze nk’imibu.
Cyangwa “inturumbutsi.”
Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.