Zaburi 111:1-10

  • Nimusingize Yehova kubera imirimo ikomeye yakoze

    • Izina ry’Imana ni iryera kandi riteye ubwoba (9)

    • Gutinya Yehova ni bwo bwenge (10)

111  Nimusingize Yah!*+ א [Alefu] Nzasingiza Yehova n’umutima wanjye wose,+ב [Beti] Kandi nzamusingiza ndi mu itsinda ry’abakiranutsi n’aho abantu benshi bateraniye. ג [Gimeli]   Imirimo ya Yehova irakomeye.+ ד [Daleti] Abayikunda bose bashishikarira kuyimenya.+ ה [He]   Ibyo akora ni byiza kandi birahebuje. ו [Wawu] Gukiranuka kwe guhoraho iteka ryose.+ ז [Zayini]   Atuma imirimo ye itangaje itibagirana.+ ח [Heti] Yehova agira impuhwe n’imbabazi.+ ט [Teti]   Aha abamutinya ibyokurya.+ י [Yodi] Ahora yibuka isezerano rye kugeza iteka ryose.+ כ [Kafu]   Yamenyesheje abantu be imirimo ye itangaje,ל [Lamedi] Igihe yabahaga ibihugu ngo bibe umurage wabo.+ מ [Memu]   Ibyo akora byose biba ari ukuri kandi birangwa n’ubutabera.+ נ [Nuni] Amategeko atanga yose ni ayo kwiringirwa.+ ס [Sameki]   Ahora ari ayo kwizerwa uhereye ubu kugeza iteka ryose. ע [Ayini] Yashyizweho ashingiye ku kuri no gukiranuka.+ פ [Pe]   Yakijije* abantu be.+ צ [Tsade] Yategetse ko isezerano rye rizahoraho iteka ryose. ק [Kofu] Izina rye ni iryera kandi riteye ubwoba.+ ר [Reshi] 10  Gutinya Yehova ni intangiriro y’ubwenge.+ ש [Sini] Abakurikiza amategeko ye bose bagira ubushishozi.+ ת [Tawu] Nasingizwe iteka ryose.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Cyangwa “yacunguye.”