Zaburi 122:1-9

  • Isengesho ryo gusabira amahoro Yerusalemu

    • Kujya mu nzu ya Yehova bitera ibyishimo (1)

    • Umujyi ufite amazu yegeranye cyane (3)

Indirimbo baririmbaga bazamuka bagiye i Yerusalemu. Ni iya Dawidi. 122  Narishimye ubwo bambwiraga bati: “Ngwino tujye mu nzu ya Yehova.”+   None ubu duhagazeMu marembo yawe Yerusalemu we!+   Yerusalemu yubatswe nk’umujyiUfite amazu yegeranye cyane.+   Abagize imiryango y’Abisirayeli,Ari yo miryango ya Yah,*Ni ho bazamukaga bajya,Hakurikijwe amabwiriza Imana yabahaye, kugira ngo basingize izina rya Yehova.+   Aho ni ho hashyizwe intebe y’imanza,+Ari yo ntebe y’ubwami y’abakomoka kuri Dawidi.+   Nimusabire Yerusalemu amahoro.+ Wa mujyi we, abagukunda bazagira umutekano.   Amahoro akomeze kuba mu mujyi,*No mu minara yawe hakomeze kuba umutekano.   Nzavugira abavandimwe banjye n’incuti zanjye nti: “Abatuye muri Yerusalemu nibagire amahoro.”   Nzakomeza kuyishakira ibyizaKubera ko nkunda inzu ya Yehova Imana yacu.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Cyangwa “mu nkuta zawe zikomeye.”