Zaburi 94:1-23

  • Isengesho ry’umuntu usaba ko Imana ihana ababi

    • “Ababi bazageza ryari?” (3)

    • Uwo Yah akosora agira ibyishimo (12)

    • Imana ntizareka abantu bayo (14)

    • ‘Bapanga imigambi yo guteza ibibazo bitwaje amategeko’ (20)

94  Yehova Mana, wowe wishyura abantu babi ibyo bakoze,+Wowe uhana ababi ubahora ibyaha byabo, igaragaze!   Haguruka wowe Mucamanza w’isi,+Ukorere abishyira hejuru ibimeze nk’ibyo bakoze.+   Yehova, ababi bazageza ryari? Koko ababi bazishyira hejuru bageze ryari?+   Bakomeza gusukiranya amagambo, bagakomeza kuvuga biruka. Inkozi z’ibibi zose zikomeza kwirarira.   Yehova, bakomeza kugirira nabi abantu bawe,+Kandi bakomeza kubabaza abo wagize umurage wawe.   Bica umupfakazi n’umunyamahanga,Bakica n’imfubyi.   Baravuga bati: “Yah* ntabireba,+Kandi Imana ya Yakobo ntibibona.”+   Mwebwe bantu badatekereza nimusobanukirwe ibi,Mwa bantu batagira ubwenge mwe, muzagira ubushishozi ryari?+   Ese uwashyizeho ugutwi ntashobora kumva? Cyangwa uwaremye ijisho ntashobora kureba?+ 10  Ese ukosora abantu bo ku isi ntashobora gucyaha?+ Ni na we wigisha abantu ubwenge.+ 11  Yehova azi ibyo abantu batekereza,Azi ko ari umwuka gusa.+ 12  Yah, umuntu ugira ibyishimo ni uwo ukosora,+Kandi ukamwigisha amategeko yawe,+ 13  Kugira ngo umuhe gutuza igihe azaba ahanganye n’ibibazo,Kugeza igihe ababi bazagwira mu mwobo.+ 14  Yehova ntazareka abantu be,+Kandi ntazigera atererana abo yagize umurage we.+ 15  Imanza zizongera kuba imanza zikiranuka,Kandi abakiranutsi bazazishyigikira. 16  Ni nde uzamfasha kurwanya ababi? Ni nde uzahaguruka akamfasha kurwanya abakora ibibi? 17  Iyo Yehova atantabara,Mba narapfuye mu kanya gato!+ 18  Yehova, ubwo navugaga ngo: “Ndi kunyerera,” Wakomeje kunshyigikira, ungaragariza urukundo rudahemuka.+ 19  Igihe imihangayiko yambanaga myinshi,Warampumurije numva ndatuje.+ 20  Ntuzigera ukorana n’abategetsi* babi,Kuko bapanga umugambi wo guteza ibibazo bitwaje amategeko.+ 21  Bagaba ibitero bikaze ku bakiranutsi,+Kandi abantu badafite icyaha bakabakatira urwo gupfa.+ 22  Ariko Yehova azambera ubuhungiro,Kandi Imana yanjye izambera igitare mpungiraho.+ 23  Izatuma ibikorwa byabo bibi bibagaruka,+Kandi ibibi byabo ni byo izakoresha ibarimbura. Yehova Imana yacu azabakuraho.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Cyangwa “abacamanza.”