Zaburi 85:1-13

  • Isengesho ryo gusaba ko Imana yongera kubemera

    • Imana izabwira indahemuka zayo iby’amahoro (8)

    • Abantu bazagaragarizanya urukundo kandi ntibazahemukirana (10)

Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ni indirimbo y’abahungu ba Kora.+ 85  Yehova, wagiriye neza igihugu cyawe.+ Wagaruye abakomoka kuri Yakobo bari barajyanywe mu bindi bihugu.+   Wababariye abantu bawe amakosa yabo. Watwikiriye ibyaha byabo byose.+ (Sela)   Warifashe ureka kugira umujinya. Wisubiyeho ntiwakomeza kurakara cyane.+   Mana Mukiza wacu, ongera utwemere,*Kandi ntukomeze kuturakarira.+   Ese uzakomeza kutugirira umujinya kugeza iteka ryose?+ None se uzakomeza kuturakarira ibihe byose?   Rwose uzongere udusubize imbaragaKugira ngo tukwishimire.+   Yehova, tugaragarize urukundo rudahemuka,+Kandi udukize.   Nzumva ibyo Yehova Imana y’ukuri azavuga,Kuko azabwira abantu be n’indahemuka ze iby’amahoro,+Ariko na bo ntibazongere kwiyiringira.+   Ni ukuri, Imana ihora yiteguye gukiza abayitinya+Kugira ngo ihabwe icyubahiro mu gihugu cyacu. 10  Abantu bazagaragarizanya urukundo* kandi ntibazahemukirana. Bazaba ari abakiranutsi kandi hazabaho amahoro.+ 11  Ubudahemuka buzaba bwinshi nk’ibyatsi byo ku isi,Kandi gukiranuka kw’Imana kuzagaragarira bose nk’uko urumuri rumurika ku isi ruturutse mu ijuru.+ 12  Ni ukuri Yehova azatanga ibyiza,+Kandi igihugu cyacu kizera cyane.+ 13  Gukiranuka kuzagendera imbere ye,+Kandi kuzamutunganyiriza inzira.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “dukoranyirize hamwe utugarure.”
Cyangwa “urukundo rudahemuka.”