Zaburi 90:1-17
Isengesho rya Mose, umuntu w’Imana y’ukuri.+
90 Yehova, watubereye ubuhungiro+ mu bihe byose.
2 Imisozi itarabaho,Utararema isi n’ubutaka,+Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose, uri Imana.+
3 Utuma abantu basubira mu mukungugu.
Uravuga uti: “Musubire mu mukungugu mwa bana b’abantu mwe.”+
4 Ubona ko imyaka igihumbi ari nk’ejo hashize.+
Kuri wowe aba ari nk’amasaha make ya nijoro.
5 Ubakuraho mu kanya gato bagashira+ nk’uko ibitotsi bishira vuba.
Mu gitondo baba bameze nk’ibyatsi bitangiye kumera.+
6 Mu gitondo bizana indabo kandi bigatohagira,Ariko nimugoroba bigakubitwa n’izuba maze bikuma.+
7 Ni ukuri uburakari bwawe bwatumazeho,+Kandi umujinya wawe waduteye ubwoba cyane.
8 Amakosa yacu yose urayazi,+N’ibyo dukorera mu bwihisho byose ubishyira ahabona.+
9 Iminsi yacu yose yaragabanutse bitewe n’umujinya wawe.
Imyaka y’ubuzima bwacu ishira mu kanya gato, nk’uko umuntu yinjiza umwuka akawusohora.
10 Imyaka tubaho ni 70,Twagira imbaraga zidasanzwe ikaba 80.+
Nyamara iba yuzuyemo ibyago n’imibabaro,Kuko ishira vuba, tukaba turigendeye.+
11 Ni nde ushobora kumenya uko uburakari bwawe bungana?
Umujinya wawe ni mwinshi kandi rwose ukwiriye gutinywa cyane.+
12 Twigishe uko twakwitwara neza mu myaka dushigaje kubaho,+Kugira ngo tube abanyabwenge.
13 Yehova, ongera utugirire neza!+ Koko ibi bizageza ryari?+
Girira imbabazi abagaragu bawe.+
14 Mu gitondo ujye utugaragariza urukundo rudahemuka rwinshi,+Kugira ngo turangurure ijwi ry’ibyishimo kandi tunezerwe+ mu myaka yose tuzamara.
15 Utume tugira ibyishimo bihwanye n’iminsi yose wamaze utubabaza,+Imyaka yose twamaze turi mu bibazo.+
16 Abagaragu bawe babone ibikorwa byawe,Kandi abana babo babone ubwiza bwawe buhebuje.+
17 Yehova Mana utugirire neza,Kandi utume tugira icyo tugeraho mu byo dukora.
Rwose utume ibyo dukora byose bigenda neza.+