Zaburi 19:1-14
Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi.
19 Ijuru rigaragaza icyubahiro cy’Imana,+Ikirere kikerekana ibyo yakoze.*+
2 Buri munsi utuma ijwi ryabyo risohoka,Kandi buri joro rihishura ko Imana ifite ubwenge bwinshi.
3 Nta magambo bivuga,Kandi ijwi ryabyo ntiryumvikana.
4 Nyamara ubuhamya bwabyo bwageze hirya no hino ku isi,Ubutumwa bwabyo bugera ku mpera y’isi yose ituwe.+
Mu ijuru ni ho Imana yashyize izuba.
5 Rimeze nk’umukwe usohotse mu cyumba yateguriwe,Cyangwa umuntu ufite imbaraga wiruka mu nzira yishimye.
6 Rituruka ku mpera imwe y’ijuru,Rigasoreza urugendo rwaryo ku yindi mpera,+Kandi nta kintu cyihisha ubushyuhe bwaryo.
7 Amategeko ya Yehova aratunganye,+ atuma umuntu wacitse intege yongera kugira imbaraga.+
Ibyo Yehova atwibutsa ni ibyo kwiringirwa,+ bituma utaraba inararibonye aba umunyabwenge.+
8 Amabwiriza Yehova atanga aratunganye, ashimisha umutima.+
Amategeko ya Yehova ntiyanduye, atuma umuntu asobanukirwa.+
9 Kubaha Yehova cyane+ ni byiza, bihoraho iteka.
Amategeko ya Yehova ni ay’ukuri, yose arakiranuka.+
10 Ni meza cyane kurusha zahabu,Ndetse arusha agaciro zahabu nyinshi itavangiye.+
Aryohereye kurusha ubuki,+ ubuki bw’umushongi butonyanga.
11 Ni yo yigishije umugaragu wawe kwirinda ibintu bibi,+Kuyakurikiza bihesha imigisha myinshi.+
12 Ese hari umuntu ushobora kumenya amakosa yose akora?+
Ujye umbabarira ibyaha nkora ntabizi,
13 Kandi undinde ibikorwa by’ubwibone,+Ntiwemere ko bintegeka.+
Ni bwo nzaba umuntu ukwiriye,+Kandi nzakomeza kuba inyangamugayo, simbarweho ibyaha bikomeye.*
14 Yehova Gitare cyanjye+ n’Umucunguzi wanjye,+Ibyo mvuga n’ibyo ntekereza bigushimishe.+