Zaburi 148:1-14

  • Ibyaremwe byose nibisingize Yehova

    • “Nimumusingize mwebwe mwese bamarayika be” (2)

    • “Wa zuba we, nawe wa kwezi we, nimumusingize” (3)

    • Mwebwe abakiri bato n’abakuze nimusingize Imana (12, 13)

148  Nimusingize Yah!* Mwebwe abari mu ijuru, nimusingize Yehova.+ Nimumusingize mwebwe abari ahasumba ahandi.   Nimumusingize mwebwe mwese bamarayika be.+ Nimumusingize mwebwe mwese ngabo ze.+   Wa zuba we, nawe wa kwezi we, nimumusingize. Mwa nyenyeri mwese mwe, nimumusingize.+   Nimumusingize mwebwe majuru asumba ayandi majuru,Namwe mwa mazi yo hejuru y’amajuru mwe.   Ibyo byose nibisingize izina rya Yehova,Kuko ari we wategetse bikaremwa.+   Ni we utuma bigumaho kugeza iteka ryose.+ Yatanze itegeko kandi ntirizavaho.+   Nimusingize Yehova mwebwe abari mu isi. Mwa bisimba binini byo mu nyanja mwe, namwe mwese mazi maremare cyane, nimumusingize.   Mwa mirabyo mwe, mwa rubura mwe, mwa bicu mwe,Namwe mwa miyaga ikaze mwe, mukora ibihuje n’ijambo rye.+   Mwa misozi mwe, mwa dusozi mwe,+Mwa biti by’imbuto mwe, namwe mwese biti by’amasederi.+ 10  Mwa nyamaswa mwe,+ mwa matungo mwe,Mwa bikururuka mwe, namwe mwa nyoni mwe. 11  Mwa bami bo mu isi mwe, namwe mwese abantu bo ku isi,Mwa batware mwe, namwe mwese bacamanza bo ku isi.+ 12  Mwa basore mwe, namwe nkumi,Mwa basaza mwe, namwe bana. 13  Ibyaremwe byose nibisingize izina rya Yehova,Kuko izina rye ari ryo ryonyine riri hejuru hadashyikirwa.+ Icyubahiro cye kiri hejuru y’isi n’ijuru.+ 14  Azongerera imbaraga abantu be,*Kugira ngo indahemuka ze zose zihabwe icyubahiro,Ari bo bana ba Isirayeli, kandi akaba ari bo bamuhora hafi. Nimusingize Yah!*

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Cyangwa “azashyira hejuru ihembe ry’ubwoko bwe.”
Cyangwa “Haleluya.” Yah ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.