Kubara 13:1-33

13  Yehova abwira Mose ati  “ohereza abantu bajye gutata igihugu cy’i Kanani, icyo ngiye guha Abisirayeli.+ Mwohereze umugabo umwe muri buri muryango wa ba sekuruza, buri wese abe ari umutware+ mu muryango wabo.”  Mose abohereza baturutse aho mu butayu bwa Parani+ nk’uko Yehova yari yamutegetse. Abo bagabo bose bari abatware b’Abisirayeli.  Aya ni yo mazina yabo: uwo mu muryango wa Rubeni ni Shamuwa mwene Zakuri;  uwo mu muryango wa Simeyoni ni Shafati mwene Hori;  uwo mu muryango wa Yuda ni Kalebu+ mwene Yefune;  uwo mu muryango wa Isakari ni Igalu mwene Yozefu;  uwo mu muryango wa Efurayimu ni Hoseya+ mwene Nuni;  uwo mu muryango wa Benyamini ni Paluti mwene Rafu; 10  uwo mu muryango wa Zabuloni ni Gadiyeli mwene Sodi. 11  Mu muryango wa Yozefu,+ uwo mu muryango wa Manase+ ni Gadi mwene Susi; 12  uwo mu muryango wa Dani ni Amiyeli mwene Gemali; 13  uwo mu muryango wa Asheri ni Seturi mwene Mikayeli; 14  uwo mu muryango wa Nafutali ni Nakibi mwene Vofusi; 15  uwo mu muryango wa Gadi ni Geweli mwene Maki. 16  Ayo ni yo mazina y’abagabo Mose yohereje gutata igihugu. Hoseya mwene Nuni Mose yamwise Yosuwa.*+ 17  Igihe Mose yabatumaga gutata igihugu cy’i Kanani, yarababwiye ati “nimuhaguruke hano muzamuke munyure i Negebu,+ mugere no mu karere k’imisozi miremire.+ 18  Murebe uko icyo gihugu kimeze+ hamwe n’abantu bagituyemo. Murebe niba bafite imbaraga cyangwa niba bafite intege nke, niba ari bake cyangwa ari benshi; 19  murebe n’uko igihugu batuyemo kimeze: niba ari cyiza cyangwa ari kibi, murebe n’imigi batuyemo uko imeze, niba batuye mu mahema cyangwa mu migi igoswe n’inkuta. 20  Murebe n’uko ubutaka bwaho bumeze: niba bwera cyangwa burumba,+ niba icyo gihugu kirimo ibiti cyangwa nta byo. Kandi muzabe intwari+ muzane ku mbuto zo muri icyo gihugu.” Icyo gihe inzabibu za mbere zabaga zeze.+ 21  Nuko barazamuka batata icyo gihugu bahereye mu butayu bwa Zini+ bagera i Rehobu+ ku rugabano rw’i Hamati.+ 22  Bazamutse i Negebu+ bagera i Heburoni.+ Icyo gihe Ahimani na Sheshayi na Talumayi+ bene Anaki+ ni ho bari batuye. Heburoni+ yari yarubatswe imyaka irindwi mbere y’uko Sowani+ yo muri Egiputa yubakwa. 23  Bageze mu kibaya cya Eshikoli+ bahaca ishami ririho iseri ry’imizabibu,+ babiri muri bo bagenda barihetse ku giti, bajyana n’amakomamanga+ n’imitini. 24  Aho hantu bahita ikibaya cya Eshikoli+ bitewe n’iseri ry’imizabibu Abisirayeli bahaciye. 25  Bamaze iminsi mirongo ine+ batata icyo gihugu, baragaruka. 26  Nuko basanga Mose na Aroni n’iteraniro ry’Abisirayeli ryose i Kadeshi+ mu butayu bwa Parani. Bababwira iby’urugendo rwabo, babereka n’imbuto zo muri icyo gihugu. 27  Baramubwira bati “twageze mu gihugu watwoherejemo, kandi koko twasanze ari igihugu gitemba amata n’ubuki;+ dore n’imbuto zaho twazanye.+ 28  Icyakora twasanze abantu batuye muri icyo gihugu ari abanyambaraga kandi bafite imigi ikomeye cyane igoswe n’inkuta.+ Twabonyeyo n’abantu bakomoka kuri Anaki.+ 29  Abamaleki+ batuye mu karere ka Negebu,+ Abaheti n’Abayebusi+ n’Abamori+ batuye mu karere k’imisozi miremire, naho Abanyakanani+ batuye ku nyanja no ku nkengero za Yorodani.” 30  Nuko Kalebu+ agerageza gucecekesha abantu kugira ngo batege amatwi Mose, afata ijambo aravuga ati “nimuze tuzamuke kandi turigarurira icyo gihugu nta kabuza, kuko dufite imbaraga zo kukinesha.”+ 31  Ariko abantu bari barajyanye na we baravuga bati “ntidushobora gutera bariya bantu kuko baturusha amaboko.”+ 32  Bakomeza kubarira Abisirayeli inkuru mbi+ ku bihereranye n’igihugu bari baragiye gutata, bagira bati “igihugu twazengurutse tugitata, ni igihugu kirya abaturage bacyo, kandi abaturage bose twagisanzemo ni abantu barebare cyane kandi banini.+ 33  Twabonyeyo n’Abanefili, bene Anaki,+ bakomoka ku Banefili, ku buryo twabonaga tumeze nk’ibihore imbere yabo, kandi na bo ni ko batubonaga.”+

Ibisobanuro ahagana hasi