Kubara 9:1-23

9  Mu kwezi kwa mbere+ k’umwaka wa kabiri Abisirayeli bavuye mu gihugu cya Egiputa, Yehova abwirira Mose mu butayu bwa Sinayi ati  “igihe cyagenwe nikigera,+ Abisirayeli bazategure igitambo cya pasika.+  Ku munsi wa cumi na kane w’uku kwezi nimugoroba,+ muzagitegure igihe cyagenwe kigeze. Muzagitegure mukurikije amategeko n’amabwiriza yose arebana na cyo.”+  Mose abwira Abisirayeli ngo bategure igitambo cya pasika.  Nuko ku mugoroba wo ku munsi wa cumi n’ine w’ukwezi kwa mbere, bategurira igitambo cya pasika mu butayu bwa Sinayi. Abisirayeli bakora ibyo Yehova yari yategetse Mose byose.+  Ariko hari abagabo bari bahumanyijwe no gukora ku ntumbi y’umuntu,+ ku buryo batashoboye gutegura igitambo cya pasika kuri uwo munsi. Nuko uwo munsi bajya kureba Mose na Aroni.+  Babaza Mose bati “nubwo twahumanyijwe no gukora ku ntumbi, ni iki cyatubuza kuzanira Yehova ituro+ mu gihe cyagenwe hamwe n’abandi Bisirayeli?”  Arabasubiza ati “mube mugumye aha, mbanze numve icyo Yehova ari buvuge ku kibazo cyanyu.”+  Yehova abwira Mose ati 10  “bwira Abisirayeli uti ‘nubwo umwe muri mwe cyangwa uwo mu babakomokaho yaba yahumanyijwe n’intumbi+ cyangwa yagiye mu rugendo rwa kure, na we aba agomba gutegurira Yehova igitambo cya pasika. 11  Bajye bagitegura ku mugoroba wo ku munsi wa cumi n’ine w’ukwezi kwa kabiri,+ bakirishe imigati idasembuwe n’imboga zisharira.+ 12  Ibisigaye kuri icyo gitambo ntibikarare ngo bigeze mu gitondo,+ kandi ntihakagire igufwa ryacyo bavuna.+ Bajye bagitegura bakurikije amabwiriza yose arebana na pasika.+ 13  Icyakora niba umuntu adahumanye kandi akaba ataragiye mu rugendo, ariko akirengagiza gutegura igitambo cya pasika, uwo muntu azicwe akurwe mu bwoko bwe,+ kuko atazaniye Yehova ituro mu gihe cyagenwe. Uwo muntu azaryozwe icyaha cye.+ 14  “‘Niba hari umwimukira utuye muri mwe, na we azategurire Yehova igitambo cya pasika.+ Ajye agitegura akurikije amategeko n’amabwiriza yose arebana na pasika.+ Mwese muzagengwe n’itegeko rimwe, yaba umwimukira cyangwa kavukire.’”+ 15  Nuko bamaze gushinga ihema,+ igicu gitwikira ihema ry’Igihamya.+ Ariko bigeze ku mugoroba, hejuru y’ihema hakomeza kuba igisa n’umuriro+ kugeza mu gitondo. 16  Uku ni ko byagendaga buri gihe: ku manywa igicu cyabaga kiri hejuru y’ihema, nijoro hakagaragara igisa n’umuriro.+ 17  Iyo icyo gicu cyavaga hejuru y’ihema, Abisirayeli bahitaga bahaguruka bakagenda,+ kandi aho icyo gicu cyahagararaga ni ho Abisirayeli babambaga amahema yabo.+ 18  Abisirayeli bahagurukaga ari uko Yehova abibategetse, kandi bagakambika ari uko Yehova abibategetse.+ Igihe cyose igicu cyabaga kiri hejuru y’ihema, Abisirayeli bagumaga aho bakambitse. 19  Iyo icyo gicu cyamaraga iminsi myinshi hejuru y’ihema, Abisirayeli bumviraga itegeko rya Yehova ntibave aho.+ 20  Hari igihe icyo gicu cyamaraga iminsi mike hejuru y’ihema. Iyo Yehova yategekaga+ ko Abisirayeli bakomeza gukambika, bakomezaga gukambika; iyo Yehova yategekaga ko bagenda, barahagurukaga bakagenda. 21  Hari n’igihe icyo gicu+ cyahagumaga kuva ku mugoroba kugeza mu gitondo; nuko mu gitondo cyahava, na bo bagahaguruka bakagenda. Iyo icyo gicu cyavaga hejuru y’ihema, haba ku manywa cyangwa nijoro, na bo barahagurukaga bakagenda.+ 22  Iyo icyo gicu cyamaraga hejuru y’ihema iminsi ibiri cyangwa ukwezi cyangwa igihe kirekire kurushaho, Abisirayeli na bo bakomezaga gukambika aho ntibagende. Ariko iyo cyahavaga, barahagurukaga bakagenda.+ 23  Iyo Yehova yategekaga ko Abisirayeli bakambika, barakambikaga, kandi Yehova yategeka ko bagenda, bagahaguruka bakagenda. Ibyo Yehova yabategekaga byose binyuze kuri Mose,+ bumviraga Yehova bakabikora.+

Ibisobanuro ahagana hasi