Abalewi 21:1-24

21  Yehova yongera kubwira Mose ati “vugana n’abatambyi bene Aroni ubabwire uti ‘ntihakagire uwiyandurisha* intumbi y’umuntu wo mu bwoko bwe.+  Ariko mwene wabo wa bugufi, yaba nyina cyangwa se, yaba umuhungu we cyangwa umukobwa we cyangwa umuvandimwe we,  cyangwa mushiki we ukiri isugi babana, akaba atarashyingirwa, ashobora kubiyandurisha.  Ntaziyandurishe umugore washakanye n’undi mugabo wo mu bwoko bwe ngo bitume ahumana.  Ntibaziyogosheshe ibiharanjongo+ cyangwa ngo biyogosheshe impera z’ubwanwa,+ kandi ntibakikebagure ku mubiri.+  Bakwiriye kuba abera imbere y’Imana yabo,+ kandi ntibakanduze izina ry’Imana yabo+ kuko ari bo batambira Yehova ibitambo bikongorwa n’umuriro, ibyokurya by’Imana yabo;+ bajye baba abera.+  Ntibagashakane+ n’indaya+ cyangwa umukobwa utakiri isugi, cyangwa umugore watanye+ n’umugabo we, kuko umutambyi ari uwera imbere y’Imana.  Nuko rero uzeze umutambyi,+ kuko ari we utambira Imana yawe ibyokurya. Ajye aba uwera imbere yawe,+ kuko jyewe Yehova ubeza ndi uwera.+  “‘Umukobwa w’umutambyi niyihumanya akora igikorwa cyo gusambana, azaba ahumanyije se. Uwo mukobwa azicwe atwikwe.+ 10  “‘Uzaba umutambyi mukuru mu bavandimwe be agasukwa amavuta yera ku mutwe,+ akuzuzwa ububasha mu biganza kandi akambara imyambaro y’abatambyi,+ ntazahirimbize umusatsi we+ cyangwa ngo ashishimure imyambaro ye.+ 11  Ntazegere intumbi y’umuntu uwo ari we wese;+ ntaziyandurishe se cyangwa nyina. 12  Nanone ntazasohoke mu ihema kandi ntazahumanye ihema ry’Imana ye,+ kuko yasutsweho amavuta yera y’Imana ye,+ ikimenyetso cyera cy’uko yayiyeguriye. Ndi Yehova. 13  “‘Azarongore umukobwa w’isugi.+ 14   Ntazarongore umupfakazi, cyangwa umugore watanye n’umugabo we, cyangwa umukobwa utakiri isugi cyangwa indaya. Ahubwo azarongore umukobwa w’isugi wo mu bwoko bwe. 15  Ntazahumanye urubyaro rwe mu bwoko bwe,+ kuko ndi Yehova umweza.’”+ 16  Yehova akomeza kubwira Mose ati 17  “bwira Aroni uti ‘mu bazagukomokaho bose, ntihazagire umugabo ufite ubusembwa+ uza gutamba ibyokurya by’Imana ye.+ 18  Umuntu ufite ubusembwa ntazigire hafi ngo abitambe: yaba impumyi cyangwa uwaremaye cyangwa ufite izuru ry’ibibari cyangwa urugingo rusumba urundi,+ 19  cyangwa umuntu wavunitse ikirenge cyangwa ikiganza, 20  cyangwa ufite inyonjo cyangwa unanutse, cyangwa urwaye amaso cyangwa ibikoko, cyangwa ibihushi, cyangwa umenetse amabya.+ 21  Umugabo wese wo mu rubyaro rw’umutambyi Aroni ufite ubusembwa, ntazaze gutambira Yehova ibitambo bikongorwa n’umuriro.+ Afite ubusembwa. Ntakaze gutamba ibyokurya by’Imana ye.+ 22  Ariko ashobora kurya ku byokurya by’Imana ye bikuwe ku bintu byera cyane+ cyangwa ibyera.+ 23  Icyakora ntazinjire ngo yegere umwenda ukingiriza,+ kandi ntazegere igicaniro+ kuko afite ubusembwa.+ Ntazahumanye ihema ryanjye+ kuko ari jye Yehova ubeza.’”+ 24  Nuko Mose abibwira Aroni n’abahungu be n’Abisirayeli bose.

Ibisobanuro ahagana hasi