Abalewi 12:1-8

12  Yehova abwira Mose ati  “bwira Abisirayeli uti ‘umugore nasama inda+ akabyara umuhungu, azamare iminsi irindwi ahumanye. Azaba ahumanye nk’uko aba ahumanye igihe ari mu mihango.+  Ku munsi wa munani, uwo muhungu azakebwe.+  Azamare indi minsi mirongo itatu n’itatu mu rugo yiyezaho amaraso. Ntazakore ku kintu cyera kandi ntazagere ahera, kugeza igihe iminsi ye yo kwiyeza izarangirira.+  “‘Nabyara umukobwa, azamare iminsi cumi n’ine ahumanye nk’uko aba ahumanye igihe ari mu mihango. Azamare indi minsi mirongo itandatu n’itandatu mu rugo yiyezaho amaraso.  Narangiza iminsi ye yo kwiyeza, yaba yabyaye umuhungu cyangwa umukobwa, azazane isekurume y’intama itarengeje umwaka umwe yo gutamba ho igitambo gikongorwa n’umuriro,+ azane n’icyana cy’inuma cyangwa intungura+ byo gutamba ho igitambo gitambirwa ibyaha, abizanire umutambyi ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.  Umutambyi azabizane imbere ya Yehova maze amutangire impongano, bityo isoko y’amaraso ye ibe ihumanutse.+ Iryo ni ryo tegeko rirebana n’umugore wabyaye, yaba yabyaye umuhungu cyangwa umukobwa.  Ariko niba adafite ubushobozi bwo kugura intama, azazane intungura ebyiri cyangwa ibyana by’inuma+ bibiri, kimwe agitambe ho igitambo gikongorwa n’umuriro, ikindi agitambe ho igitambo gitambirwa ibyaha, maze umutambyi amutangire impongano,+ bityo abe ahumanutse.’”

Ibisobanuro ahagana hasi