Abalewi 2:1-16

2  “‘Nihagira umuntu* utura Yehova ituro ry’ibinyampeke,+ azature ifu inoze+ kandi ayisukeho amavuta, ayiturane n’ububani.  Azarizanire abatambyi bene Aroni, maze umutambyi afateho urushyi rw’ifu inoze ivanze n’amavuta, afate n’ububani bwose. Azabyosereze ku gicaniro maze bibe urwibutso+ n’ituro rikongorwa n’umuriro ry’impumuro nziza icururutsa Yehova.  Ibisigaye kuri iryo turo ry’ibinyampeke ni ibya Aroni n’abahungu be,+ ni ibintu byera cyane+ mu maturo akongorwa n’umuriro aturwa Yehova.  “‘Nujya gutanga ituro ry’ibinyampeke ry’imigati yokeje mu ifuru, izabe ari imigati idasembuwe irimo amavuta ifite ishusho y’urugori+ cyangwa utugati tudasembuwe+ dusize amavuta.+ Uzabikore mu ifu inoze.  “‘Niba ituro ryawe ry’ibinyampeke ari imigati itetse ku ipanu,+ izabe ikozwe mu ifu inoze ivanze n’amavuta kandi idasembuwe.  Izagabanywemo ibice maze ubisukeho amavuta.+ Ni ituro ry’ibinyampeke.  “‘Kandi niba ituro ryawe ry’ibinyampeke ari ituro ritetswe mu mavuta, rizabe ari ifu inoze ivanze n’amavuta.  Uzazanire Yehova ituro ry’ibinyampeke rikozwe muri ibyo bintu. Bizashyikirizwe umutambyi abizane ku gicaniro.  Kuri iryo turo ry’ibinyampeke, umutambyi azakureho igice kibe urwibutso+ kandi azacyosereze ku gicaniro, kibe ituro rikongorwa n’umuriro ry’impumuro nziza icururutsa Yehova.+ 10  Ibisigaye kuri iryo turo ry’ibinyampeke ni ibya Aroni n’abahungu be; ni ibintu byera cyane mu maturo akongorwa n’umuriro+ aturwa Yehova. 11  “‘Ntihazagire ituro ry’ibinyampeke mutura Yehova ririmo umusemburo,+ kuko mutagomba rwose kosereza Yehova umusemburo n’ubuki,* ngo bibe ituro rikongorwa n’umuriro. 12  “‘Muzabiture Yehova nk’uko mutura ituro ry’umuganura,+ kandi ntimukabyosereze ku gicaniro ngo bibe impumuro icururutsa. 13  “‘Ituro ryose ry’ibinyampeke utura, rizabe ririmo umunyu.+ Ituro ryawe ry’ibinyampeke ntirikabureho umunyu ukwibutsa isezerano+ wagiranye n’Imana yawe. Ituro ryose utuye, ujye uriturana n’umunyu. 14  “‘Nutura Yehova ituro ry’umuganura w’ibinyampeke, uzature imbuto zo ku mahundo mabisi wokeje ukazisyamo ibiheri, kugira ngo bibe ituro ry’umuganura+ w’ibinyampeke. 15  Iryo turo uzarisukeho amavuta urishyireho n’ububani. Ni ituro ry’ibinyampeke.+ 16  Umutambyi azose igice cya bya biheri n’amavuta hamwe n’ububani bwose, kugira ngo bibe urwibutso.+ Iryo ni ituro rikongorwa n’umuriro riturwa Yehova.

Ibisobanuro ahagana hasi