Soma ibirimo

Ese muri Bibiliya nabonamo amagambo yampumuriza?

Ese muri Bibiliya nabonamo amagambo yampumuriza?

Icyo Bibiliya ibivugaho

 Yego (Abaroma 15:4). Reka dusuzume ingero z’imirongo yo muri Bibiliya yagiye ifasha abantu bahanganye n’ibibazo bitandukanye cyangwa bihebye.

Muri iyi ngingo turasuzuma:

 Ibibazo bitandukanye

 Zaburi 23:4: “Nubwo nanyura mu gikombe cy’umwijima w’icuraburindi, sinzatinya ikibi, kuko uri kumwe nanjye.”

 Icyo usobanura: Iyo ufite ibibazo bitandukanye maze ugasenga Imana kandi ugashakira ubuyobozi mu Ijambo ryayo Bibiliya, ushobora kugira ubutwari bwo guhangana na byo.

 Abafilipi 4:13: “Mu bintu byose, ngira imbaraga binyuze ku umpa imbaraga.”

 Icyo usobanura: Imana ishobora kuguha imbaraga zo guhangana n’ikibazo icyo ari cyo cyose wahura na cyo.

 Gupfusha uwo wakundaga

 Umubwiriza 9:10: “Kuko mu mva aho ujya nta mirimo cyangwa imigambi cyangwa ubumenyi cyangwa ubwenge bihaba.”

 Icyo usobanura: Abapfuye ntibababara cyangwa ngo babe batugirira nabi. Nta kintu na kimwe bazi.

 Ibyakozwe 24:15: “Hazabaho umuzuko.”

 Icyo usobanura: Imana ifite ubushobozi bwo kugarura abantu bacu twakundaga bapfuye, bakongera kuba bazima.

 Kwicira urubanza bikabije

 Zaburi 86:5: “Yehova, a uri mwiza kandi witeguye kubabarira. Ineza yuje urukundo ugaragariza abakwambaza bose ni nyinshi.”

 Icyo usobanura: Imana ibabarira abantu bababazwa n’ibyo bakoze mu gihe cyashize kandi bakiyemeza kutazabisubira.

 Zaburi 103:12: “Nk’uko aho izuba rirasira hitaruye aho rirengera, ni ko yashyize kure yacu ibicumuro byacu.”

 Icyo usobanura: Iyo Imana itubabariye, ishyira kure cyane amakosa yacu. Ntiyongera kuyatwibutsa kugira ngo iduhane cyangwa ngo idushinje ibyaha.

 Agahinda

 Zaburi 31:7: “Kubera ko wabonye akababaro kanjye, ukamenya agahinda k’ubugingo bwanjye.”

 Icyo usobanura: Imana izi neza ibintu byose bikubabaza. Isobanukiwe neza uko wiyumva ndetse n’igihe abandi batiyumvisha uko umerewe.

 Zaburi 34:18: “Yehova aba hafi y’abafite umutima umenetse; akiza abafite umutima ushenjaguwe.”

 Icyo usobanura: Imana igusezeranya ko izakwitaho mu gihe ubabaye. Ishobora kuguha imbaraga zo guhangana n’agahinda.

 Uburwayi

 Zaburi 41:3: “Yehova azamwiyegamiza ari ku buriri arwariyeho.”

 Icyo usobanura: Imana ishobora kugufasha guhangana n’uburwayi bukomeye, iguha amahoro yo mu mutima hamwe n’imbaraga, kwihangana n’ubwenge bwagufasha gufata imyanzuro myiza.

 Yesaya 33:24: “Nta muturage waho uzavuga ati ‘ndarwaye.’”

 Icyo usobanura: Imana idusezeranya ko hari igihe abantu bose bazaba bafite ubuzima bwiza.

 Imihangayiko

 Zaburi 94:19: “Igihe ibitekerezo bimpagarika umutima byambagamo byinshi, ihumure riguturukaho ryatangiye gukuyakuya ubugingo bwanjye.”

 Icyo usobanura: Iyo duhangayitse maze tugasenga, Imana idufasha gukomeza gutuza.

 1 Petero 5:7: “Muyikoreze imihangayiko yanyu yose kuko ibitaho.”

 Icyo usobanura: Imana yita ku mihangayiko yacu. Idusaba kuyibwira ibiduhangayikishije mu isengesho.

 Intambara

 Zaburi 46:9: “Akuraho intambara kugeza ku mpera z’isi.”

 Icyo usobanura: Vuba aha Ubwami bw’Imana buzavanaho intambara zose.

 Zaburi 37:11, 29: “Abicisha bugufi bo bazaragwa isi, kandi bazishimira amahoro menshi. . . . Abakiranutsi bazaragwa isi, kandi bazayituraho iteka ryose.”

 Icyo usobanura: Abantu beza bazishimira amahoro iteka ryose ku isi.

 Guhangayikira iby’ejo hazaza

 Yeremiya 29:11: “‘Kuko nzi neza ibyo ntekereza kubagirira,’ ni ko Yehova avuga. ‘Ni amahoro si ibyago, kugira ngo muzagire imibereho myiza mu gihe kizaza, n’ibyiringiro.

 Icyo usobanura: Imana yizeza abantu bayo ko bashobora kuzagira ubuzima bwiza mu gihe kiri imbere.

 Ibyahishuwe 21:4: “Izahanagura amarira yose ku maso yabo, kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi kuboroga cyangwa gutaka cyangwa kubabara ntibizabaho ukundi. Ibya kera byavuyeho.”

 Icyo usobanura: Imana isezeranya ko izavanaho ibintu bibi byose ubona bibaho muri iki gihe.

a Yehova ni izina bwite ry’Imana (Yeremiya 16:21). Reba ingingo ivuga ngo “Yehova ni nde?