Igitabo cya kabiri cya Samweli 22:1-51

  • Dawidi asingiza Imana kubera ibikorwa byayo byo gukiza (1-51)

    • “Yehova ni igitare cyanjye” (2)

    • Yehova abera indahemuka abantu b’indahemuka (26)

22  Nuko Dawidi abwira Yehova amagambo y’iyi ndirimbo,+ igihe Yehova yamukizaga abanzi be bose,+ akanamukiza Sawuli.+  Aravuga ati: “Yehova ni igitare cyanjye, ni ubuhungiro bwanjye+ kandi ni we Mukiza wanjye.+   Imana yanjye ni igitare cyanjye+ kandi ni yo mpungiraho. Ni ingabo inkingira+ n’umukiza wanjye ufite imbaraga.*+ Iyo nyihungiyeho+ numva mfite umutekano.+ Uri Umukiza wanjye; ni wowe unkiza urugomo.   Nzasenga Yehova kuko ari we ukwiriye gusingizwa,Kandi azankiza abanzi banjye.   Nakikijwe n’imiraba yica,+Abantu benshi babi banyiroshyeho nk’umwuzure maze bantera ubwoba.+   Ni nkaho Imva* yanzirikishije imigozi yayo,+Imitego y’urupfu ikambuza amahoro.+   Mu byago byanjye nakomeje gusenga Yehova,+Nkomeza gutakambira Imana yanjye. Nuko yumva ijwi ryanjye iri mu rusengero rwayo;Narayitakiye iranyumva.+   Isi itangira kunyeganyega no gutigita,+Fondasiyo z’ijuru ziratigita;+Zakomeje kunyeganyega, kubera ko Imana yari yarakaye.+   Mu mazuru yayo havamo umwotsiNo mu kanwa kayo havamo umuriro utwika;+Amakara agurumana ayiturukaho. 10  Yamanuye ijuru maze iramanuka+Kandi umwijima mwinshi wari munsi y’ibirenge byayo.+ 11  Yaje igendera ku mukerubi+ iguruka;Iboneka ku mababa y’umumarayika.*+ 12  Nuko yizengurutsaho umwijima iwugira nk’aho kugama,+Mu mazi yijimye n’ibicu byuzuye amazi. 13  Amakara yagurumanaga mu mucyo wari imbere yayo. 14  Nuko Yehova atangira guhinda nk’inkuba ari mu ijuru,+Isumbabyose itangira kumvikanisha ijwi ryayo.+ 15  Yabarasheho imyambi yayo+ irabatatanya;Imirabyo na yo yatumye bayoberwa icyo bakora.+ 16  Hasi mu nyanja haragaragaye,+Fondasiyo z’isi ziragaragara,Bitewe no gucyaha kwa Yehova n’uburakari bwe bwinshi.+ 17  Yarambuye ukuboko kwe ari mu ijuru,Yaramfashe ankura mu mazi menshi.+ 18  Yankijije umwanzi wanjye ukomeye,+Ankiza n’abanyanga, bandushaga imbaraga. 19  Bakomeje kundwanya ku munsi w’ibyago byanjye,+Ariko Yehova yaramfashije. 20  Yanjyanye ahantu hari umutekano,*+Arankiza kubera ko yari anyishimiye.+ 21  Yehova ampa imigisha akurikije gukiranuka kwanjye;+Ampembera ko ndi inyangamugayo.+ 22  Nakomeje kumvira YehovaKandi sinakora icyaha cyo kureka Imana yanjye. 23  Nzakomeza kwibuka amategeko ye+Kandi sinzareka gukurikiza amabwiriza ye.+ 24  Nzakomeza kuba inyangamugayo+Kandi nzakomeza kwirinda icyaha.+ 25  Yehova ampembere ko ndi umukiranutsi,+Anyiture kuko abona ko ndi inyangamugayo.+ 26  Umuntu w’indahemuka, umubera indahemuka;+Umuntu w’inyangamugayo, ukamubera inyangamugayo.+ 27  Ku muntu utanduye, ugaragaza ko utanduye;+Ariko umuntu w’indyarya, umwereka ko umurusha ubwenge.*+ 28  Abicisha bugufi urabakiza;+Ariko ureba nabi abishyira hejuru kandi ukabacisha bugufi.+ 29  Yehova, ni wowe tara ryanjye;+Yehova ni we umurikira mu mwijima.+ 30  Uramfasha nkirukana abasahuzi;Imbaraga z’Imana zituma nshobora kurira urukuta.+ 31  Ibyo Imana y’ukuri ikora biratunganye;+Ibyo Yehova avuga biratunganye.+ Abamuhungiraho bose ababera ingabo ibakingira.+ 32  Ni iyihe Mana yindi itari Yehova?+ Kandi se ni nde gitare uretse Imana yacu?+ 33  Imana y’ukuri ni ubuhungiro bwanjye bukomeye+Kandi izatunganya inzira yanjye.+ 34  Ituma ibirenge byanjye bisimbuka nk’iby’imparakazi,Igatuma nkomeza guhagarara ahantu harehare hacuramye cyane.+ 35  Ni yo yigishije ibiganza byanjye kurwana;Amaboko yanjye ashobora kugonda umuheto w’umuringa. 36  Unkiza ukoresheje ingabo yawe inkingiraKandi kuba wicisha bugufi ni byo bituma mba umuntu ukomeye.+ 37  Aho nyura wahagize hanini;Ibirenge* byanjye ntibinyerera.+ 38  Nzakurikira abanzi banjye mbarimbureKandi sinzagaruka batarashira. 39  Nzabamaraho kandi mbamenagure, ku buryo batazashobora guhaguruka;+Nzabatsinda. 40  Uzampa imbaraga kugira ngo njye ku rugamba;+Abanzi banjye uzabatsinda.+ 41  Uzatuma abanzi banjye bampunga;+Abanyanga bose nzabamara.*+ 42  Baratabaza ariko nta muntu wo kubakiza uhari;Ndetse n’iyo batakiye Yehova ntabasubiza.+ 43  Nzabahondahonda bamere nk’umukungugu wo hasi;Nzabaribata mbanyukanyuke nk’ibyondo byo mu muhanda. 44  Uzankiza bene wacu* bahora banshakaho amakosa.+ Uzandinda kugira ngo nyobore amahanga;+Abantu ntigeze menya bazankorera.+ 45  Abanyamahanga bazanyunamira kubera ubwoba;+Ibyo bumva bamvugaho, bizatuma banyumvira. 46  Abanyamahanga bazacika intege,*Bazasohoka ahantu bari bihishe batitira. 47  Yehova ni Imana ihoraho. Nimusingize Igitare cyanjye;+Imana yanjye nihabwe ikuzo kuko ari igitare kinkiza.+ 48  Imana y’ukuri ni yo ihana abanzi banjye,+Ituma abantu banyubaha.+ 49  Ni yo inkiza abanzi banjye. Unshyira hejuru+ ukankiza abangabaho ibitero,Ukankiza umunyarugomo.+ 50  Yehova, ni yo mpamvu nzagushimira hagati y’abantu bo mu bihugu byinshi;+Kandi nzakuririmbira* nsingiza izina ryawe:+ 51  Ni we ukorera umwami yimitse ibikorwa bikomeye* byo kumukiza.+ Agaragariza urukundo rudahemuka uwo yasutseho amavuta;Kandi arugaragariza Dawidi n’abamukomokaho kugeza iteka ryose.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ihembe ry’agakiza kanjye.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “ihembe.”
Cyangwa “umuyaga.”
Cyangwa “ahantu hagari.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Umuntu w’indyarya umurusha ubucakura.”
Cyangwa “utugombambari.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “nzabacecekesha.”
Cyangwa “abo mu bwoko bwanjye.”
Cyangwa “bazaraba.”
Cyangwa “nzacuranga.”
Cyangwa “ituma atsinda bikomeye.”