Kubara 14:1-45

  • Abantu bifuza gusubira muri Egiputa (1-10)

    • Yosuwa na Kalebu bavuga inkuru nziza (6-9)

  • Yehova arakara, Mose akamwinginga (11-19)

  • Bahanishwa kuzamara imyaka 40 mu butayu (20-38)

  • Abamaleki batsinda Abisirayeli (39-45)

14  Nuko Abisirayeli bose bararira cyane, abantu bakomeza gusakuza, bakesha iryo joro ryose.+  Abisirayeli bose bitotombera Mose na Aroni,+ maze barababwira bati: “Iyo tuba twarapfiriye mu gihugu cya Egiputa cyangwa tugapfira muri ubu butayu!  Yehova aratujyanira iki muri icyo gihugu kugira ngo twicwe n’inkota?+ Abagore bacu n’abana bacu bazabatwara.+ Ubu se koko, ibyiza si uko twakwisubirira muri Egiputa?”+  Ndetse bageze n’ubwo babwirana bati: “Nimuze twishyirireho umuyobozi maze twisubirire muri Egiputa.”+  Nuko Mose na Aroni bapfukama imbere y’Abisirayeli bose bakoza imitwe hasi.  Yosuwa+ umuhungu wa Nuni na Kalebu+ umuhungu wa Yefune, bari muri ba bandi bagiye kuneka igihugu, baca imyenda bari bambaye  maze babwira Abisirayeli bose bati: “Igihugu twagiye kuneka, ni igihugu cyiza cyane.+  Niba Yehova atwishimiye, azatujyana muri icyo gihugu gitemba amata n’ubuki kandi akiduhe.+  Ariko muramenye ntimwigomeke kuri Yehova. Ntimutinye abantu bo muri icyo gihugu,+ tuzabatsinda bitatugoye.* Ntibafite uwo kubarinda, ariko twe Yehova ari kumwe natwe.+ Rwose ntimubatinye.” 10  Icyakora Abisirayeli bose bajya inama yo kubatera amabuye.+ Nuko ubwiza bwa Yehova burabagirana bugaragarira Abisirayeli bose hejuru y’ihema ryo guhuriramo n’Imana.+ 11  Yehova abwira Mose ati: “Aba bantu bazansuzugura kugeza ryari?+ Bazareka kunyizera bageze ryari n’ibitangaza byose nakoreye muri bo?+ 12  Reka mbateze icyorezo mbamareho maze abe ari wowe uzakomokwaho n’abantu benshi kandi bafite imbaraga kubarusha.”+ 13  Ariko Mose abwira Yehova ati: “Abo muri Egiputa, aho wakuye abantu bawe ukoresheje imbaraga zawe, byanze bikunze bazabyumva+ 14  kandi nta kabuza bazabibwira abaturage bo muri iki gihugu. Bumvise ko wowe Yehova uri hagati mu bantu bawe,+ kandi ko wababonekeye imbonankubone.+ Nanone bumvise ko uri Yehova kandi ko igicu cyawe gihagarara hejuru yabo, ko ku manywa ubagenda imbere mu nkingi y’igicu, nijoro ukabagenda imbere mu nkingi y’umuriro.+ 15  Nuramuka wiciye rimwe aba bantu bose, abantu bo mu bindi bihugu bumvise gukomera kwawe nta kabuza bazavuga bati: 16  ‘Yehova yananiwe kugeza aba bantu mu gihugu yarahiye ko azabajyanamo. Ni cyo cyatumye abicira mu butayu.’+ 17  None ndakwinginze Yehova, garagaza imbaraga zawe nyinshi nk’uko wavuze uti: 18  ‘ndi Yehova, Imana itinda kurakara, ifite urukundo rwinshi rudahemuka,+ ibabarira abantu amakosa n’ibyaha, ariko ntibure guhana uwakoze icyaha kandi ikemera ko abana bagerwaho n’ingaruka z’amakosa ya ba papa babo kugeza ku buzukuru n’abuzukuruza.’+ 19  Ndakwinginze, babarira aba bantu ibyaha byabo, nk’uko wagiye ubababarira kuva muri Egiputa kugeza n’ubu, kuko ufite urukundo rwinshi rudahemuka.”+ 20  Nuko Yehova aravuga ati: “Ndabababariye nk’uko ubinsabye.+ 21  Ariko kandi, ndahiye mu izina ryanjye ko isi yose izuzura ubwiza bwa Yehova.+ 22  Abantu bose babonye ubwiza bwanjye n’ibimenyetso+ nakoreye muri Egiputa no mu butayu, ariko bagakomeza kungerageza+ inshuro 10 zose kandi ntibanyumvire,+ 23  ntibazabona igihugu narahiye ko nzaha ba sekuruza. Abansuzuguye bose ntibazakibona.+ 24  Naho umugaragu wanjye Kalebu we,+ kuko yari afite imitekerereze itandukanye n’iyabo kandi agakomeza kunyumvira muri byose, nzamujyana mu gihugu yagezemo, kandi abazamukomokaho bazagihabwa.+ 25  Kubera ko Abamaleki n’Abanyakanani+ batuye mu bibaya, ejo mu gitondo muzasubire inyuma mwerekeze mu butayu munyuze inzira ijya ku Nyanja Itukura.”+ 26  Yehova abwira Mose na Aroni ati: 27  “Aba bantu babi bazakomeza kunyitotombera kugeza ryari?+ Numvise ukuntu Abisirayeli banyitotombera.+ 28  Babwire uti: ‘Yehova aravuze ati: “njyewe ubwanjye ndahiye mu izina ryanjye. Nta kabuza nzabakorera ibyo mwavuze!+ 29  Ababaruwe mwese bafite kuva ku myaka 20 kujyana hejuru, ni ukuvuga abanyitotombeye mwese,+ muzapfira muri ubu butayu.+ 30  Ntimuzinjira mu gihugu narahiye ko nzabatuzamo,+ keretse Kalebu umuhungu wa Yefune na Yosuwa umuhungu wa Nuni.+ 31  “‘“Kandi abana banyu mwavuze ko abanzi banyu bazatwara,+ bo nzakibajyanamo, bamenye igihugu mwanze kujyamo.+ 32  Ariko mwebwe, muzapfira muri ubu butayu nta kabuza. 33  Abana banyu bazamara imyaka 40 ari abashumba mu butayu+ bazira ko mwampemukiye, kugeza igihe uwa nyuma muri mwe azapfira mu butayu.+ 34  Nk’uko mwamaze iminsi 40+ mutata icyo gihugu, ni na ko muzamara imyaka 40+ mugerwaho n’ingaruka z’icyaha cyanyu. Buri munsi uzahwana n’umwaka. Ibyo bizatuma mumenya icyo kunyigomekaho bisobanura. 35  “‘“Njyewe Yehova ndabivuze. Uku ni ko nzagenza aba bantu babi bose bateraniye kundwanya: Bazapfira muri ubu butayu kandi ni ho bazashirira.+ 36  Abagabo Mose yohereje kuneka igihugu, baragarutse batera Abisirayeli bose kumwitotombera kubera ko bazanye inkuru mbi zivuga iby’icyo gihugu.+ 37  Abo bantu bazanye inkuru mbi zihereranye n’icyo gihugu bazapfira imbere ya Yehova bishwe n’icyorezo.+ 38  Ariko mu bagiye kuneka igihugu, Yosuwa umuhungu wa Nuni na Kalebu umuhungu wa Yefune ni bo bonyine bazarokoka.”’”+ 39  Mose abwiye Abisirayeli bose ayo magambo, bararira cyane. 40  Nuko bazinduka kare mu gitondo bagerageza kuzamuka ngo bajye mu mpinga y’umusozi, baravuga bati: “Nimuze tuzamuke tujye ha hantu Yehova yavuze, kuko twakoze icyaha.”+ 41  Ariko Mose arababwira ati: “Kuki mushaka kurenga ku itegeko rya Yehova? Ibyo nta cyo biri bubagezeho. 42  Ntimuzamuke kuko Yehova atari kumwe namwe, nimubikora abanzi banyu barabatsinda.+ 43  Abamaleki n’Abanyakanani biteguye kubarwanya.+ Kubera ko mutakomeje kumvira Yehova, Yehova na we ntari bubafashe. Muri bwicishwe inkota.”+ 44  Nyamara baratinyuka barazamuka bajya mu mpinga y’umusozi,+ ariko Isanduku y’isezerano rya Yehova iguma mu nkambi kandi na Mose ntiyahava.+ 45  Nuko Abamaleki n’Abanyakanani bari batuye kuri uwo musozi baramanuka, babagabaho igitero barabatatanya babageza i Horuma.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “tuzabarya nk’imigati.”