Kubara 14:1-45
14 Nuko Abisirayeli bose bararira cyane, abantu bakomeza gusakuza, bakesha iryo joro ryose.+
2 Abisirayeli bose bitotombera Mose na Aroni,+ maze barababwira bati: “Iyo tuba twarapfiriye mu gihugu cya Egiputa cyangwa tugapfira muri ubu butayu!
3 Yehova aratujyanira iki muri icyo gihugu kugira ngo twicwe n’inkota?+ Abagore bacu n’abana bacu bazabatwara.+ Ubu se koko, ibyiza si uko twakwisubirira muri Egiputa?”+
4 Ndetse bageze n’ubwo babwirana bati: “Nimuze twishyirireho umuyobozi maze twisubirire muri Egiputa.”+
5 Nuko Mose na Aroni bapfukama imbere y’Abisirayeli bose bakoza imitwe hasi.
6 Yosuwa+ umuhungu wa Nuni na Kalebu+ umuhungu wa Yefune, bari muri ba bandi bagiye kuneka igihugu, baca imyenda bari bambaye
7 maze babwira Abisirayeli bose bati: “Igihugu twagiye kuneka, ni igihugu cyiza cyane.+
8 Niba Yehova atwishimiye, azatujyana muri icyo gihugu gitemba amata n’ubuki kandi akiduhe.+
9 Ariko muramenye ntimwigomeke kuri Yehova. Ntimutinye abantu bo muri icyo gihugu,+ tuzabatsinda bitatugoye.* Ntibafite uwo kubarinda, ariko twe Yehova ari kumwe natwe.+ Rwose ntimubatinye.”
10 Icyakora Abisirayeli bose bajya inama yo kubatera amabuye.+ Nuko ubwiza bwa Yehova burabagirana bugaragarira Abisirayeli bose hejuru y’ihema ryo guhuriramo n’Imana.+
11 Yehova abwira Mose ati: “Aba bantu bazansuzugura kugeza ryari?+ Bazareka kunyizera bageze ryari n’ibitangaza byose nakoreye muri bo?+
12 Reka mbateze icyorezo mbamareho maze abe ari wowe uzakomokwaho n’abantu benshi kandi bafite imbaraga kubarusha.”+
13 Ariko Mose abwira Yehova ati: “Abo muri Egiputa, aho wakuye abantu bawe ukoresheje imbaraga zawe, byanze bikunze bazabyumva+
14 kandi nta kabuza bazabibwira abaturage bo muri iki gihugu. Bumvise ko wowe Yehova uri hagati mu bantu bawe,+ kandi ko wababonekeye imbonankubone.+ Nanone bumvise ko uri Yehova kandi ko igicu cyawe gihagarara hejuru yabo, ko ku manywa ubagenda imbere mu nkingi y’igicu, nijoro ukabagenda imbere mu nkingi y’umuriro.+
15 Nuramuka wiciye rimwe aba bantu bose, abantu bo mu bindi bihugu bumvise gukomera kwawe nta kabuza bazavuga bati:
16 ‘Yehova yananiwe kugeza aba bantu mu gihugu yarahiye ko azabajyanamo. Ni cyo cyatumye abicira mu butayu.’+
17 None ndakwinginze Yehova, garagaza imbaraga zawe nyinshi nk’uko wavuze uti:
18 ‘ndi Yehova, Imana itinda kurakara, ifite urukundo rwinshi rudahemuka,+ ibabarira abantu amakosa n’ibyaha, ariko ntibure guhana uwakoze icyaha kandi ikemera ko abana bagerwaho n’ingaruka z’amakosa ya ba papa babo kugeza ku buzukuru n’abuzukuruza.’+
19 Ndakwinginze, babarira aba bantu ibyaha byabo, nk’uko wagiye ubababarira kuva muri Egiputa kugeza n’ubu, kuko ufite urukundo rwinshi rudahemuka.”+
20 Nuko Yehova aravuga ati: “Ndabababariye nk’uko ubinsabye.+
21 Ariko kandi, ndahiye mu izina ryanjye ko isi yose izuzura ubwiza bwa Yehova.+
22 Abantu bose babonye ubwiza bwanjye n’ibimenyetso+ nakoreye muri Egiputa no mu butayu, ariko bagakomeza kungerageza+ inshuro 10 zose kandi ntibanyumvire,+
23 ntibazabona igihugu narahiye ko nzaha ba sekuruza. Abansuzuguye bose ntibazakibona.+
24 Naho umugaragu wanjye Kalebu we,+ kuko yari afite imitekerereze itandukanye n’iyabo kandi agakomeza kunyumvira muri byose, nzamujyana mu gihugu yagezemo, kandi abazamukomokaho bazagihabwa.+
25 Kubera ko Abamaleki n’Abanyakanani+ batuye mu bibaya, ejo mu gitondo muzasubire inyuma mwerekeze mu butayu munyuze inzira ijya ku Nyanja Itukura.”+
26 Yehova abwira Mose na Aroni ati:
27 “Aba bantu babi bazakomeza kunyitotombera kugeza ryari?+ Numvise ukuntu Abisirayeli banyitotombera.+
28 Babwire uti: ‘Yehova aravuze ati: “njyewe ubwanjye ndahiye mu izina ryanjye. Nta kabuza nzabakorera ibyo mwavuze!+
29 Ababaruwe mwese bafite kuva ku myaka 20 kujyana hejuru, ni ukuvuga abanyitotombeye mwese,+ muzapfira muri ubu butayu.+
30 Ntimuzinjira mu gihugu narahiye ko nzabatuzamo,+ keretse Kalebu umuhungu wa Yefune na Yosuwa umuhungu wa Nuni.+
31 “‘“Kandi abana banyu mwavuze ko abanzi banyu bazatwara,+ bo nzakibajyanamo, bamenye igihugu mwanze kujyamo.+
32 Ariko mwebwe, muzapfira muri ubu butayu nta kabuza.
33 Abana banyu bazamara imyaka 40 ari abashumba mu butayu+ bazira ko mwampemukiye, kugeza igihe uwa nyuma muri mwe azapfira mu butayu.+
34 Nk’uko mwamaze iminsi 40+ mutata icyo gihugu, ni na ko muzamara imyaka 40+ mugerwaho n’ingaruka z’icyaha cyanyu. Buri munsi uzahwana n’umwaka. Ibyo bizatuma mumenya icyo kunyigomekaho bisobanura.
35 “‘“Njyewe Yehova ndabivuze. Uku ni ko nzagenza aba bantu babi bose bateraniye kundwanya: Bazapfira muri ubu butayu kandi ni ho bazashirira.+
36 Abagabo Mose yohereje kuneka igihugu, baragarutse batera Abisirayeli bose kumwitotombera kubera ko bazanye inkuru mbi zivuga iby’icyo gihugu.+
37 Abo bantu bazanye inkuru mbi zihereranye n’icyo gihugu bazapfira imbere ya Yehova bishwe n’icyorezo.+
38 Ariko mu bagiye kuneka igihugu, Yosuwa umuhungu wa Nuni na Kalebu umuhungu wa Yefune ni bo bonyine bazarokoka.”’”+
39 Mose abwiye Abisirayeli bose ayo magambo, bararira cyane.
40 Nuko bazinduka kare mu gitondo bagerageza kuzamuka ngo bajye mu mpinga y’umusozi, baravuga bati: “Nimuze tuzamuke tujye ha hantu Yehova yavuze, kuko twakoze icyaha.”+
41 Ariko Mose arababwira ati: “Kuki mushaka kurenga ku itegeko rya Yehova? Ibyo nta cyo biri bubagezeho.
42 Ntimuzamuke kuko Yehova atari kumwe namwe, nimubikora abanzi banyu barabatsinda.+
43 Abamaleki n’Abanyakanani biteguye kubarwanya.+ Kubera ko mutakomeje kumvira Yehova, Yehova na we ntari bubafashe. Muri bwicishwe inkota.”+
44 Nyamara baratinyuka barazamuka bajya mu mpinga y’umusozi,+ ariko Isanduku y’isezerano rya Yehova iguma mu nkambi kandi na Mose ntiyahava.+
45 Nuko Abamaleki n’Abanyakanani bari batuye kuri uwo musozi baramanuka, babagabaho igitero barabatatanya babageza i Horuma.+
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Cyangwa “tuzabarya nk’imigati.”

