Reka Umwigisha Ukomeye akwigishe

Bibiliya irimo amahame meza utasanga ahandi. Abana bashobora kwiga ibyo Data wo mu ijuru avuga aho kwiga ibyo abantu bavuga.

Ni iki abana baba bakeneye ku babyeyi babo?

Iki gitabo kigamije gutuma abana bagirana ibiganiro bishishikaje n’abakibasomera.

IGICE 1

Impamvu Yesu yari umwigisha ukomeye

Yesu yigishaga inyigisho zimeze zite? Ibyo yigishaga yabivanaga he?

IGICE 2

Urwandiko twohererejwe n’Imana idukunda

Urwandiko rwayo ruboneka mu gitabo kirusha ibindi bitabo byose agaciro.

IGICE 3

Ni nde waremye ibintu byose?

Ni nde waremye inyoni akazigisha kuririmba? Ni nde waremye ibyatsi? Waremwe na nde?

IGICE 4

Imana ifite izina

Twese dufite amazina. Ese uzi izina ry’Imana? Kuki iryo zina ari iry’ingenzi?

IGICE 5

“Nguyu umwana wanjye”

Ni iki cyatumye Yesu aba umuntu wihariye?

IGICE 6

Umwigisha ukomeye yakoreraga abandi

Ese iyo umuntu agukoreye ibintu byiza biragushimisha? Twese biradushimisha, kandi n’Umwigisha Mukuru yari abizi.

IGICE 7

Kumvira birakurinda

Abana bigira ku bantu bakuru. Iyo Imana itubwiye icyo dukora, dushobora kwiringira ko kiba gikwiriye.

IGICE 8

Imana ni yo isumba byose

Abamarayika bamwe bari beza, abandi baba babi.

IGICE 9

Tugomba kunanira ibishuko

Wakora iki umuntu agusabye gukora ikintu kibi?

IGICE 10

Yesu arusha abadayimoni imbaraga

Ntitugomba gutinya abadayimoni, ahubwo tugomba kuba maso kugira ngo batatuyobya.

IGICE 11

Abamarayika b’Imana baradufasha

Abamarayika b’Imana bafasha abantu bakunda Yehova bakamukorera.

IGICE 12

Yesu atwigisha gusenga

Ushobora gusenga Imana igihe cyose haba ku manywa cyangwa nijoro, kandi izakumva.

IGICE 13

Ni bande babaye abigishwa ba Yesu?

Ababaye abigishwa ba Yesu bari bantu ki?

IGICE 14

Impamvu tugomba kubabarira abandi

Yesu atubwira inkuru idufasha gusobanukirwa.

IGICE 15

Isomo mu birebana no kugira neza

Vana isomo ku nkuru y’Umusamariya mwiza.

IGICE 16

Ni iki gifite akamaro by’ukuri?

Twakora iki ngo tube abatunzi mu by’Imana?

IGICE 17

Uko wagira ibyishimo

Umwigisha Ukomeye yahishuye ibanga rikomeye.

IGICE 18

Mbese, ujya wibuka gushimira?

Ushobora kuvana isomo ku babembe icumi.

IGICE 19

Mbese, kurwana ni byiza?

Wakora iki niba abantu batangiye kurwana?

IGICE 20

Mbese, uhora ushaka kuba uw’imbere?

Ni iki Yesu yabwiye abigishwa be igihe bajyaga impaka ku birebana n’ibyo?

IGICE 21

Impamvu tutagomba kwirata

Yesu avuga inkuru y’Umufarisayo n’umukoresha w’ikoro.

IGICE 22

Impamvu tugomba kwirinda kubeshya

Reba icyo Yehova yakoreye Ananiya na Safira.

IGICE 23

Impamvu turwara

Ese hari igihe abantu bazabaho batarwara?

IGICE 24

Ntukabe umujura!

Suzuma ingero enye z’abantu batwaye ibitari ibyabo.

IGICE 25

Mbese, abantu bakora ibibi bashobora guhinduka?

Ibyabaye kuri Sawuli no ku ndaya bitanga igisubizo.

IGICE 26

Impamvu gukora ibyiza bitajya bitworohera

Abantu babi bitwara bate iyo udakoze ibyo bakubwiye?

IGICE 27

Usenga iyihe Mana?

Abantu basenga imana nyinshi. Wowe wagombye gukora iki? Inkuru y’abasore batatu b’Abaheburayo iduha igisubizo.

IGICE 28

Wabwirwa n’iki abo ugomba kumvira?

“Ibya Kayisari mubihe Kayisari, iby’Imana mubihe Imana.”

IGICE 29

Mbese, iminsi mikuru yose ishimisha Imana?

Wari uzi ko Bibiliya ivuga iminsi mikuru? Dushobora kumenya icyo Imana iyitekerezaho.

IGICE 30

Ni iki cyadufasha kunesha ubwoba?

Umwigisha Ukomeye ntiyavuze ko gukorera Yehova byari koroha. Ariko hari icyagufasha kugira ubutwari.

IGICE 31

Ni nde ushobora kuguhumuriza?

Wakora iki mu gihe wumva ubabaye cyangwa wigunze?

IGICE 32

Uko Yehova yarinze Yesu

Menya uko Yehova yarinze Yesu abashakaga kumwica nabi akiri umwana.

IGICE 33

Yesu ashobora kuturinda

Igihe Yesu yari ku isi yagaragaje ko ashobora kurinda abamukunda.

IGICE 34

Bizatugendekera bite nidupfa?

Ese wagombye gutinya urupfu cyangwa abantu bapfuye?

IGICE 35

Yehova azatuzura mu bapfuye!

Imana yahaye Yesu ububasha bwo kuzura abapfuye, hakubiyemo n’abana.

IGICE 36

Ni bande bazazuka, bazatura he?

Yesu yabivuzeho iki?

IGICE 37

Tugomba kujya twibuka Yehova n’umwana we

Yesu yeretse abigishwa be uko bazajya bibuka ibyo Yehova na Yesu badukoreye.

IGICE 38

Impamvu tugomba gukunda Yesu

Yatanze ubuzima bwe butunganye kugira ngo tuzabone ubuzima bw’iteka!

IGICE 39

Uko Imana yibutse umwana wayo

Yesu yazutse.

IGICE 40

Icyo twakora kugira ngo dushimishe Imana

Umugani wo muri Bibiliya uravuga uti “mwana wanjye, gira ubwenge kandi ushimishe umutima wanjye.”

IGICE 41

Abana bashimishije Imana

Wakora iki kugira ngo ushimishe Imana?

IGICE 42

Impamvu tugomba gukora

Gukora bituma tugira ubuzima bwiza n’ubwenge. Ushobora kwitoza gukunda gukora.

IGICE 43

Abavandimwe na bashiki bacu ni bande?

Ese hakubiyemo n’abo tutavukana?

IGICE 44

Tugomba kugira incuti zikunda Imana

“Ntimuyobe. Kwifatanya n’ababi byonona imyifatire myiza.”

IGICE 45

Ubwami bw’Imana ni iki? Wagaragaza ute ko ubwifuza?

Igihe Yesu azaba ategeka iyi si, azahindura byinshi.

IGICE 46

Mbese, iyi si izongera kurimburwa n’amazi?

Mbese, iyi si izongera kurimburwa n’amazi?

IGICE 47

Tubwirwa n’iki ko Harimagedoni iri hafi?

Tubona ibimenyetso byinshi.

IGICE 48

Wakora iki kugira ngo uzabe mu isi nshya y’amahoro?

Wakora iki kugira ngo uzabeho iteka?