Igitabo nyamwaka cy’Abahamya ba Yehova 2014

Soma ibintu by’ingenzi byabaye mu gihugu cya Siyera Lewone na Gineya, n’inkuru ziteye inkunga z’ibyabaye hirya no hino ku isi.

Isomo ry’umwaka wa 2014

Isomo ry’umwaka wa 2014 ni “Ubwami bwawe nibuze.”​—Matayo 6:10

Ibaruwa y’Inteko Nyobozi

Uzaterwa inkunga no gusoma ibaruwa ishishikaje kandi yubaka mu buryo bw’umwuka mwohererejwe n’Inteko Nyobozi.

Umuteguro ukomeza kujya mbere

Biragaragara ko Yehova ayoboye imirimo yo kwimura icyicaro gikuru kikava mu mugi wa New York City.

JW.ORG​—Ubuhamya ku mahanga yose

Urubuga rwacu rutuma ubutumwa bwiza bw’Ubwami bw’Imana bugera ku bantu bo ‘mu mahanga yose’

Bishimira cyane ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower

Abakoresha icyo gikoresho cy’ingirakamaro cyo gukora ubushakashatsi kuri Bibiliya bohereza amabaruwa yo gushimira.

Videwo zikora ku mitima y’abakiranutsi

Reba uko izo videwo ziri kugirira akamaro abana n’imiryango yo hirya no hino ku isi.

Ibintu bishishikaje byaranze amateka

Soma muri make ibintu bishishikaje by’imurika rishya rikubiyemo amateka y’Abahamya ba Yehova n’umurongo w’igihe cy’Ubukristo.

Raporo z’ibyerekeye amategeko

Izi raporo z’ibyerekeye amategeko zituruka mu bihugu 12 zigaragaza ko Abahamya ba Yehova bagihanganye n’ibibazo byinshi birebana n’umudendezo wo kuyoboka Imana.

Amakuru ashishikaje yo hirya no hino ku isi

Abahamya ba Yehova bashyiraho imihati myinshi kugira ngo bubake ahantu hiyubashye basengera Yehova.

Kwegurira Yehova ibiro by’amashami by’Abahamya ba Yehova

Isomere bimwe mu byaranze ibyo birori mpuzamahanga bishimishije.

Afurika

Abantu bo muri Afurika barimo baracyira ukuri kwa Bibiliya kandi kugira ingaruka zikomeye ku mibereho yabo. Isomere inkuru y’umuntu wari warasabitswe n’inzoga wanywaga amasegereti 60 ku munsi.

amerika

Inkuru zikurikira zigaragaza ko gufasha abandi no kubagezaho ukuri kwa Bibiliya nubwo waba urwanywa, bishobora kugera ku byiza byinshi.

Aziya no mu Burasirazuba bwo Hagati

Gukomeza gushyiraho imihati mu murimo wo kubwiriza bihesha ingororano. Reba imihati yashyizweho bafasha umugabo utabona, utumva kandi utavuga kugira ngo asobanukirwe ko Imana imwitaho.

U Burayi

Urwikekwe rushobora guterwa no kubwirwa amakuru atari ukuri. Menya ukuntu ikiganiro cyo kuri radiyo cyakuyeho urwikekwe abantu bari bafitiye Abahamya ba Yehova.

Oseyaniya

Kwandika amabaruwa ni bumwe mu buryo bukoreshwa mu gukwirakwiza ukuri kwa Bibiliya i Christchurch muri Nouvelle-Zélande. Kuki hari bamwe bita ayo mabaruwa “Amabaruwa aturuka ku Mana?”

Icyo twavuga kuri Siyera Lewone na Gineya

Menya byinshi ku byerekeye ibi bihugu, abaturage babyo, idini n’ururimi byaho.

1915 kugeza 1947​—Imyaka ya mbere (Igice cya 1)

Mu mwaka wa 1915, umugaragu wa Yehova wa mbere wabatijwe yageze i Freetown. Benshi bifuzaga kwiga Bibiliya.

1915 kugeza 1947​—Imyaka ya mbere (Igice cya 2)

Abayobozi b’amadini bari baracuze umugambi wo gucecekesha ubwoko bw’Imana, ariko Yehova ‘yatumye imigambi mibi bacuraga ibagaruka.’

1915 kugeza 1947​—Imyaka ya mbere (Igice cya 3)

Abagize itorero ry’i Freetown ‘babwiriza ijambo babishishikariye cyane kurushaho.’

“Uzapfa mu mwaka umwe”

Zachaeus Martyn yamanukaga umusozi kandi akawuzamuka incuro ebyiri mu cyumweru agiye mu materaniro y’Abahamya ba Yehova. Ni iki cyatumye yemera adashidikanya ko yari yabonye ukuri kwa Bibiliya?

Bamwitaga “Bibiliya” Brown

William R. Brown yabwirije mu birwa bya Karayibe no muri Afurika y’Iburengerazuba. Menya impamvu yumvaga ko uwo wari umwe mu mirimo yiyubashye kurusha indi yose umuntu ashobora gukora.

1945 kugeza 1990​—‘Bageza benshi ku gukiranuka’​—Dan12:3. (Igice cya 1)

Umurimo wo kubwiriza ugomba kwagurwa cyane. Abamisiyonari boherejwe guteza imbere ukwiyongera.

Bifuzaga kuyireba

Mu mwaka wa 1956, filimi La Société du monde nouveau en action yerekanywe i Freetown muri Siyera Lewone. Ese hari umuntu wari kuza kuyireba?

1945 kugeza 1990​—‘Bageza benshi ku gukiranuka’​—Dan12:3. (Igice cya 2)

Abahamya ba Yehova bazwi hose muri Siyera Lewone ko bubaha ishyingiranwa.

1945 kugeza 1990​—‘Bageza benshi ku gukiranuka’​—Dan12:3 (Igice cya 3).

Kuki Abanyapolitiki bo muri Poro bashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’itegeko ribuzanya umurimo w’Abahamya ba Yehova?

Imiryango ikorera mu ibanga

Ni uruhe ruhare imiryango ikorera mu ibanga igira ku bagabo n’abagore bo muri Afurika y’Iburengerazuba?

1945 kugeza 1990​—‘Bageza benshi ku gukiranuka’​—Dan12:3. (Igice cya 4)

Amatorero agira amashuri yigisha gusoma no kwandika kugira ngo afashe abandi gutera imbere mu buryo bw’umwuka. Uko abantu bagendaga bamenya gusoma ari benshi, umurimo wo guhindura ibitabo na wo wariyongeraga.

Agakarita k’ikoraniro ni ko kari urupapuro rw’inzira

Abari bagiye mu ikoraniro muri Gineya badafite impapuro z’inzira zikwiriye banyuze ku mupaka bate?

Yehova yarampagurukije

Jay Campbell, wari wararwaye imbasa, yifuza kujya mu materaniro y’icyigisho cya Bibiliya cy’itorero. Yavuze ko yari kujyayo agendera ku mbago z’ibiti. Yaba se yarabishoboye?

1991 kugeza 2001​—“Itanura ry’imibabaro”​—Yes48:10 (Igice cya 1)

Nubwo Abahamya ba Yehova bari mu ntambara, bagejeje kuri bagenzi babo ndetse n’abandi imfashanyo n’ihumure ryo mu buryo bw’umwuka. Ni iki cyabafashije kugaragaza imbaraga n’ubutwari?

1991 kugeza 2001​—“Itanura ry’imibabaro”​—Yes48:10 (Igice cya 2)

Mu ntambara, Abahamya ba Yehova ‘bakomeje kwigisha no gutangaza ubutumwa bwizaba.’

Umwana wahoze mu gisirikare aba umupayiniya w’igihe cyose

Umusirikare ukiri muto w’inyeshyamba yibuka ukuntu yakiranywe urugwiro ubwo yajyaga mu materaniro y’Abahamya ba Yehova. Ni iki cyatumye ahindura imibereho ye?

Twavuye mu nzara z’inyeshyamba

Igihe intambara yatangiraga mu wa 1991, kuki Abahamya benshi batishwe igihe hari ubwicanyi n’akavuyo i Pendembu?

Umugabo w’Umunara w’Umurinzi

Hari Umuhamya wa Yehova watwaraga amabaruwa mu gihe cy’intambara. Yashoboye ate gutwara ubutumwa n’imfashanyo abivana i Freetown abijyana i Conakry muri Gineya?

Ikintu cyiza kuruta diyama

Tamba Josiah yakoraga mu birombe by’amabuye y’agaciro mbere y’uko aba Umuhamya wa Yehova. Kuki yumvaga ko yabonye ikintu kiza kurusha diyama?

2002 kugeza 2013​—Ibintu biheruka kuba (Igice cya1)

Nyuma y’intambara amatorero yarashinzwe, Amazu y’Ubwami arubakwa kandi abapayiniya ba bwite boherezwa ahari Abahamya bake.

2002 kugeza 2013​—Ibintu biheruka kuba (Igice cya 2)

Muri iki gihe, Abahamya ba Yehova bo muri ibyo bihugu byombi bemera badashidikanya ko hakiri abandi bantu bazitabira ubutumwa bwiza bw’Ubwami.

Twari twariyemeje gukorera Yehova

Philip Tengbeh n’umugore we barahunze bava mu mudugudu w’iwabo wa Koindu wagenzurwaga n’inyeshyamba. Kubera ko bari bariyemeje gukorera Yehova, bagize uruhare mu kubaka Amazu y’Ubwami atanu.

Nakunze Siyera Lewone

Cindy McIntire yabaye umumisiyonari muri Afurika kuva mu mwaka 1992. Avuga impamvu yishimira cyane kubwiriza muri Siyera Lewone.

1914​—Hashize imyaka ijana

umwaka wa 1914 Abigishwa ba Bibiliya bari bamaze igihe batangaza, wari ugeze.