Igitabo cy’Ibyahishuwe gisobanura iki?

Igitabo cy’Ibyahishuwe gisobanura iki?

Icyo Bibiliya ibivugaho

 Izina ry’igitabo cya Bibiliya cy’Ibyahishuwe mu kigiriki (A·po·kaʹly·psis), risobanura “guhishura.” Iryo zina ryumvikanisha ibisobanuro by’igitabo cy’Ibyahishuwe: gihishura ibyari byarahishwe kandi kikavuga ibintu byagombaga gusohora nyuma y’igihe kinini byanditswe. Ubuhanuzi bwinshi buvugwa muri icyo gitabo ntiburasohora.

Umusogongero w’igitabo cy’Ibyahishuwe

Ibyagufasha gusobanukirwa igitabo cy’Ibyahishuwe

  1.   Ibyo kivuga bitanga ihumure; si ibyo guhahamura cyangwa gutera ubwoba abakorera Imana. Nubwo abantu benshi iyo bumvise ijambo “ibyahishuwe” (mu kigiriki A·po·kaʹly·psis) bahita batekereza ibyago bikomeye, igitabo cy’Ibyahishuwe kuva mu ntangiriro kugeza ku musozo wacyo, kivuga ko abasoma ibivugwamo, bakabisobanukirwa kandi bakabikurikiza bazabona ibyishimo.—Ibyahishuwe 1:3; 22:7.

  2.   Igitabo cy’Ibyahishuwe gikoresha ‘ibimenyetso’ byinshi, bitagomba gufatwa uko byakabaye.—Ibyahishuwe 1:1.

  3.   Ibintu by’ingenzi byinshi n’ibimenyetso bivugwa mu gitabo cy’Ibyahishuwe, biba byaravuzwe no mu bindi bitabo bya Bibiliya:

  4.   Iyerekwa rivugwamo ryerekezaga “ku munsi w’Umwami,” watangiye igihe Ubwami bw’Imana bwimikwaga mu mwaka wa 1914 kandi Yesu agatangira gutegeka ari Umwami (Ibyahishuwe 1:10). Ku bw’ibyo, dushobora kwitega ko ubuhanuzi bw’ingenzi bwo mu Byahishuwe busohora muri iki gihe turimo.

  5.   Icyo dukeneye kugira ngo dusobanukirwe igitabo cy’Ibyahishuwe, ari na cyo kidufasha gusobanukirwa Bibiliya yose, ni ubwenge buva ku Mana no gufashwa n’abantu basanzwe bayisobanukiwe.—Ibyakozwe 8:26-39; Yakobo 1:5.