Soma ibirimo

Abavandimwe na bashiki bacu bateraniye hirya no hino ku isi bizihiza Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu

21 MATA 2022
AMAKURU YO KU ISI HOSE

Abantu babarirwa muri za miriyoni bateraniye hamwe bizihiza Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu

Abantu babarirwa muri za miriyoni bateraniye hamwe bizihiza Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu

Abavandimwe bo muri Shili barimo gusuhuzanya

Ku itariki ya 15 Mata 2022, Abahamya ba Yehova babarirwa muri za miriyoni hirya no hino ku isi hamwe n’abo bari batumiye, bijihije Ifunguro ry’Umwami rya Nimugoroba. Mu mwaka wa 2019, ni bwo abantu baherukaga guteranira hamwe imbonankubone bizihiza uwo munsi wihariye. Muri uyu mwaka, abatarashoboye kwizihiza imbonankubone uwo munsi, bawukurikiye hifashishijwe ikoranabuhanga rya videwo.

Kwibuka Urupfu rwa Yesu ni wo munsi mukuru w’ingenzi Abahamya ba Yehova bagira buri mu mwaka. Imyaka ibiri ishize uwo munsi wabaga abantu bari mu ngo zabo bakawukurikira hifashishijwe ikoranabuhanga rya videwo, kubera icyorezo cya COVID-19. Mu mwaka wa 2021, abantu barenga miriyoni 21 ni bo bifatanyije mu Rwibutso rw’urupfu rwa Yesu.

Bamwe mu baje mu rwibutso ni ubwa mbere bari bateraniye hamwe n’abandi imbonankubone. Urugero: Umuhamya witwa Markensia Remy wo muri Hayiti, ni ubwa mbere yari ateranye urwibutso ku Nzu y’Ubwami. Hashize umwaka umwe Markensia abatijwe. Yaravuze ati: “Nishimiye kuba naje mu rwibutso rwabereye ku Nzu y’Ubwami. Biragoye kuba nabasobanurira ukuntu numva nishimye. Ndumva ndi mu muryango mwiza cyane.”

Twishimira kuba Yehova yaraduhaye umugisha maze urwibutso rw’uyu mwaka rukagenda neza. Nanone turashimira cyane Yehova Imana n’umwana we Yesu Kristo kubera ibikorwa byuje urukundo batugaragarije.—Yohana 3:16.

 

Arijantina

Boliviya

Burezili

Kamboje

Santarafurika

Ibirwa bya Cook (Rarotonga)

Ekwateri

Indoneziya

Isirayeli

U Buyapani

Kazakisitani

Kosovo

Megizike

Paragwe

Peru

Filipine

Polonye

Rumaniya

Esipanye

Tayiwani

Ukraine

Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Venezuwela