Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

INGINGO YO KU GIFUBIKO | IBINYOMA BITUMA ABANTU BANGA IMANA

Ikinyoma kivuga ko Imana itagira izina

Ikinyoma kivuga ko Imana itagira izina

IBYO ABANTU BENSHI BIZERA.

“Kugeza ubu turacyibaza niba Imana ifite izina, kandi niba inarifite ntituzi iryo ari ryo.”—Porofeseri David Cunningham, Theological Studies.

UKURI KO MURI BIBILIYA.

Imana yaravuze iti “ndi Yehova. Iryo ni ryo zina ryanjye” (Yesaya 42:8). “Yehova” ni izina ry’igiheburayo risobanura ngo “Ituma biba.”—Intangiriro 2:4.

Yehova ashaka ko dukoresha izina rye. Bibiliya igira iti “mwambaze izina rye. Mumenyeshe abantu bo mu mahanga imigenzereze ye. Muvuge ko izina rye rishyizwe hejuru.”—Yesaya 12:4.

Yesu yakoreshaga izina ry’Imana. Igihe yasengaga, yabwiye Yehova ati “nabamenyesheje izina ryawe, kandi nzarimenyekanisha.” Kuki Yesu yamenyesheje abigishwa be izina ry’Imana? Yakomeje agira ati “kugira ngo urukundo wankunze rube muri bo, nanjye nunge ubumwe na bo.”—Yohana 17:26.

IMPAMVU ARI IBY’INGENZI.

Umuhanga mu bya tewolojiya witwa Walter Lowrie, yaranditse ati “umuntu utazi izina ry’Imana mu by’ukuri ntaba ayizi, kandi ntashobora kuyikunda kuko aba atazi ibyayo.”

Umugabo witwa Victor yajyaga mu rusengero buri cyumweru, ariko ntiyigeze yumva ko mu by’ukuri azi Imana. Yagize ati “naje kumenya ko izina ry’Imana ari Yehova. Numvise ari nk’aho noneho itangiye kunyibwira. Byabaye nk’aho mpuye n’Imana najyaga numva. Naje kubona ko ari Imana iriho koko, maze ntangira kugirana ubucuti na yo.”

Yehova na we yireherezaho abantu bakoresha izina rye. Imana yahaye abantu ‘batekereza ku izina ryayo’ isezerano rigira iti “nzabagirira impuhwe nk’uko umubyeyi azigirira umwana we umukorera” (Malaki 3:16, 17). Nanone kandi, Imana igororera abambaza izina ryayo. Bibiliya ivuga ko “umuntu wese wambaza izina rya Yehova azakizwa.”—Abaroma 10:13.