U BUFARANSA

Ibintu byihariye byabaye mu mateka y’u Bufaransa

Ibintu byihariye byabaye mu mateka y’u Bufaransa
  1. Mu mwaka wa 2014—Abahamya ba Yehova bemerewe kujya babwiriza muri gereza, kandi urwikekwe bagirirwaga bitewe na raporo inteko ishinga amategeko yasohoye mu mwaka wa 1995 rwavuyeho

    SOMA IYI NKURU

  2. Ku itariki ya 30 KAMENA 2011—Urukiko rw’u Burayi Ruharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu rwavuze ko leta y’u Bufaransa yarengereye uburenganzira Abahamya ba Yehova bafite bwo kujya mu idini bashaka (Urubanza ATJ yaburanaga na leta y’u Bufaransa)

  3. Mu mwaka wa 2000—Inama nkuru y’igihugu yemeje ko imiryango yo mu rwego rw’amategeko ikora nk’idini ubwo rero nayo yasonewe imisoro

  4. Mu mwaka wa 1995—Muri raporo Komisiyo y’inteko ishinga amategeko yatanze, yashyize Abahamya ba Yehova ku rutonde rw’“udutsiko tw’amadini duteje akaga mu Bufaransa”

  5. Mu mwaka wa 1993—Inama nkuru y’igihugu yemeje ko amazu y’Ubwami akoreshwa n’imiryango yo mu rwego rw’amategeko y’Abahamya ba Yehova mu bikorwa byo gusenga asonewe imisoro

  6. Muri NZERI 1947—Association Les Témoins de Jéhovah yahawe ubuzimagatozi

  7. Mu KWAKIRA 1939—Leta y’u Bufaransa yahagaritse ibikorwa by’umuryango w’Abahamya ba Yehova

  8. Mu mwaka wa 1930—Umuryango wa Watch Tower Society wafunguye ibiro by’ishami i Paris

  9. Ku itariki ya 27 KANAMA 1919—Hashinzwe umuryango wa French International Bible Students Association wari ufite icyicaro mu mujyi wa Paris

  10. Mu mwaka wa 1906—U Bufaransa bwemeye mu rwego rw’amategeko umuryango w’Abigishwa ba Bibiliya