Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu
Izi videwo nziza cyane z’uruhererekane, zizagufasha kurushaho kumenya ibyerekeye Yesu Kristo, Umwana w’Imana akaba n’Umukiza w’abantu.
Incamake ya videwo z’uruhererekane Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu
Irebere ukuntu izi videwo z’uruhererekane zivuga ubuzima bwa Yesu Kristo zagufasha kwiyumvisha neza uko ibivugwa mu mavanjiri byagenze.
Icyiciro cya 1: Umucyo nyakuri w’isi
Ni gute abantu bazakizwa icyaha cyazanywe na Adamu? Mesiya ni we wenyine uha abantu ibyiringiro.
Icyiciro cya 2: “Uyu ni Umwana wanjye”
Yohana Umubatiza ategurira Mesiya inzira. Reba bimwe mu bintu by’ingenzi byaranze intangiriro y’umurimo wa Yesu hano ku isi.
Icyiciro cya 3: “Ni njye”
Hari abantu Yesu yahishuriye ko ari we Mesiya kandi ababwira inshingano yari afite. Abo ni Nikodemu, umugore w’i Samariya n’abantu bo mu mujyi wa Nazareti. Icyakora abantu bake bafite imitima itaryarya ni bo gusa bamwemeye. Amaze gukora igitangaza, yasabye abarobyi bicishaga bugufi kumukurikira.
Icyiciro cya 4: ‘Iki ni cyo cyatumye nza’
Yesu yagaragaje ubushobozi yari afite bwo gukiza abantu no kwirukana abadayimoni. Icyakora hari bamwe batishimiye umurimo we kandi bategura uko bamwica. Yesu yagiraga impuhwe nyinshi akamenya kwigisha ku buryo yahinduye abantu abigishwa kandi atoranya intumwa 12.
Icyiciro cya 5: ‘Abantu batangajwe n’uko yigishaga’
Yesu amaze gukiza abantu benshi yabigishije mu buryo budasanzwe ku buryo nta muntu wari warigeze yigisha atyo. Ububasha yari afite, ingero yabahaye n’uko yaberekaga uko bazishyira mu bikorwa byatumye batangara.
Icyiciro cya 6: “Ese ni wowe wa Wundi Ugomba Kuza?”
Yesu yerekanye ko afite ububasha bwo kuzura abapfuye. Ibitangaza yakoze n’inyigisho ze byatumaga intego z’ababaga bamuteze amatwi zimenyekana, kandi yakoresheje ingero asobanura icyo Ubwami bw’Imana ari cyo.
Umusogongero wa videwo z’uruhererekane Ubutumwa bwiza bwerekeye Yesu
Irebere ukuntu umusogongero w’izi videwo z’uruhererekane zivuga ubuzima bwa Yesu ugufasha kwiyumvisha neza uko ibivugwa mu mavanjiri byagenze.

