UMUTWE WA 5
Umurimo Yesu yakoreye mu burasirazuba bwa Yorodani
“Benshi bari aho baramwizera.”—Yohana 10:42
IBIRIMO
IGICE CYA 82
Yesu akorera umurimo muri Pereya
Yesu yasobanuriye abari bamuteze amatwi icyo bagomba gukora kugira ngo bazabone agakiza. Iyo nama yari ingenzi muri icyo gihe. Bite se muri iki gihe?
IGICE CYA 83
Ni ba nde Imana itumira ku mafunguro?
Igihe Yesu yari yakiriwe n’Umufarisayo, yaciye umugani uvuga iby’ifunguro rya nimugoroba. Yatanze isomo ry’ingenzi ku bagize ubwoko bw’Imana bose. Iryo somo ni irihe?
IGICE CYA 84
Kuba umwigishwa ni inshingano ikomeye
Kuba umwigishwa wa Kristo ni inshingano ikomeye. Yesu yasobanuye neza ibikubiye muri iyo nshingano. Bamwe mu bifuzaga kuba abigishwa be bababajwe n’ibyo yavuze.
IGICE CYA 85
Kwishimira umunyabyaha wihannye
Abafarisayo n’abanditsi banenze Yesu ko yashyikiranaga n’abantu bo muri rubanda rusanzwe. Yesu yabaciriye imigani kugira ngo abereke uko Imana ibona abanyabyaha.
IGICE CYA 86
Umwana wari warazimiye agaruka
Ni irihe somo tuvana ku mugani wa Yesu w’umwana w’ikirara?
IGICE CYA 87
Teganya iby’igihe kiri imbere ubigiranye ubwenge
Yesu yakoresheje umugani w’igisonga cyamunzwe na ruswa cy’igihemu kugira ngo yigishe ukuri gutangaje.
IGICE CYA 88
Imimerere umukire na Lazaro barimo ihinduka
Kugira ngo dusobanukirwe umugani wa Yesu, tugomba kubanza gusobanukirwa icyo abantu babiri b’ibanze bavugwamo bagereranya.
IGICE CYA 89
Yigisha muri Pereya ubwo yari agiye i Yudaya
Yagaragaje umuco ushobora kudufasha kubabarira abadukoshereje, niyo badukosereza incuro nyinshi.
IGICE CYA 90
“Kuzuka n’ubuzima”
Ni iki Yesu yashakaga kuvuga igihe yavugaga ko abamwizera ‘batazigera bapfa’?
IGICE CYA 91
Lazaro azuka
Ibintu bibiri by’ingenzi byaranze icyo gikorwa byatumye abarwanyaga Yesu badashobora guhakana icyo gitangaza.
IGICE CYA 92
Ababembe bakijijwe ari icumi ariko umwe gusa ni we washimiye
Umuntu wakijijwe ntiyashimiye Yesu gusa, ahubwo hari n’undi yashimiye.
IGICE CYA 93
Umwana w’umuntu azahishurwa
Ni mu buhe buryo kuhaba kwa Kristo kuzaba kumeze nk’umurabyo?
IGICE CYA 94
Ibintu bibiri bikenewe cyane—Isengesho no kwicisha bugufi
Mu mugani w’umucamanza mubi n’umupfakazi, Yesu yatsindagirije akamaro k’umuco wihariye.
IGICE CYA 95
Yigisha ibyo gutana no gukunda abana
Yesu yabonaga abana bato mu buryo butandukanye n’uko abigishwa be bababonaga. Kubera iki?
IGICE CYA 96
Yesu asubiza umutware w’umusore w’umukire
Ni iki cyatumye Yesu avuga ko icyoroshye ari uko ingamiya yanyura mu mwenge w’urushinge kuruta ko umukire yakwinjira mu Bwami bw’Imana?
IGICE CYA 97
Umugani w’abakozi bakoraga mu ruzabibu
Ni mu buhe buryo aba mbere bazaba aba nyuma naho aba nyuma bakaba aba mbere?
IGICE CYA 98
Intumwa zongera gushaka kuba abakomeye
Yakobo na Yohana basabye imyanya y’icyubahiro mu Bwami, kandi si bo bonyine bayishakaga.
IGICE CYA 99
Yesu akiza abagabo batabonaga kandi agafasha Zakayo
Twahuza dute inkuru za Bibiliya zisa naho zivuguruzanya zivuga ibyo ukuntu Yesu yakijije umugabo utabona hafi y’i Yeriko?
IGICE CYA 100
Umugani wa mina icumi
Yesu yashakaga kuvuga iki igihe yagiraga ati “ufite wese azahabwa ibindi byinshi, ariko umuntu wese udafite, n’utwo yari afite bazatumwaka”?