Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Indoneziya

Indoneziya

IYI ni inkuru ishishikaje y’Abakristo boroheje, bahanganye n’imyivumbagatanyo ishingiye kuri politiki, ubushyamirane bushingiye ku idini, n’akagambane k’abayobozi b’amadini katumye umurimo wabo umara imyaka 25 warabuzanyijwe. Menya inkuru y’umuvandimwe wari warakatiwe urwo gupfa n’Abakomunisiti, n’umuntu wahoze ayobora agatsiko k’abagizi ba nabi, waje kuba Umukristo ushikamye. Soma inkuru ishishikaje y’abakobwa babiri bafite ubumuga bwo kutumva babaye incuti, nyuma bakaza gutahura ko burya bavaga inda imwe. Nanone, uramenya ukuntu abagaragu ba Yehova batangaza ubutumwa bwiza muri icyo gihugu gituwe n’Abisilamu benshi kurusha ibindi ku isi.

IBIRIMO

Icyo twavuga kuri Indoneziya

Menya muri make imiterere y’igihugu kigizwe n’ibirwa byinshi kurusha ibindi ku isi, abaturage n’imigenzo yaho.

Ubucuruzi bw’ibirungo

Mu kinyejana cya 16, ubukungu bw’isi bwari bushingiye ku bucuruzi bw’ibirungo.

Aha ni ho nshaka gutangirira!

Abapayiniya bake bo muri Ositaraliya barangwa n’ishya baneshje inzitizi igihe batangizaga umurimo wo kubwiriza.

Uburyo bwakoreshwaga mu murimo wo kubwiriza

Ibiganiro byanyuraga kuri radiyo no kubwiriza ku byambu, byarakaje cyane abanzi b’ukuri muri Indoneziya.

Idini rya Bibelkring

Iryo dini ryatangiye rikoresha ibitabo by’Abahamya ba Yehova, ariko riza kuyobywa n’imitekerereze y’abantu.

Yahaga agaciro iby’Imana

Abigaragambyaga basahuye urugo rwa Thio Seng Bie, ariko basize ikintu cy’agaciro karenze ibyo basahuye.

Intara ya Java y’i Burengerazuba yera imbuto

Uko ibitabo by’Abahamya ba Yehova byagendaga bibuzanywa, ni ko bashakishaga ubundi buryo bwo gukora umurimo wo kubwiriza.

Bakoronizwa n’Abayapani

Mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose, hari Abahamya banditswe n’Abayapani badatandukiriye ukutabogama kwabo.

Umupayiniya utaragiraga ubwoba

Mu myaka 60 André Elias yamaze mu murimo, yakomeje kuba indahemuka nubwo yahaswe ibibazo kandi agashyirwaho iterabwoba.

Haza abamisiyonari bize mu Ishuri rya Gileyadi

Abamisiyonari ba mbere bagize uruhare mu kwihutisha umurimo wo kubwiriza.

Umurimo waguka ukagera mu Burasirazuba

Ese hari icyo abayobozi b’amadini bari kugeraho?

Haza abandi bamisiyonari

Mu myaka ya 1970, kubwiriza ubutumwa bwiza byarushijeho kugorana.

Umukobwa nyakuri wa Sara

Titi Koetin yagandukiraga umugabo we kandi yabonye ingororano.

Ikoraniro ritazibagirana

Ikoraniro ryo mu wa 1963 ryavugaga ngo “Ubutumwa bwiza bw’iteka” ryarabaye nubwo hari inzitizi nyinshi.

Narokotse imyivumbagatanyo y’Abakomunisiti

Bari baracukuye imva ya Ronald Jacka.

Namaze imyaka 50 ndi umupayiniya wa bwite

Mu mwaka wa 1964, umupasiteri wo muri Papouasie y’i Burengerazuba yaravuze ati ‘ngiye kwirukana Abahamya ba Yehova muri Manokwari!’ Ese yabigezeho?

Uwahoze ari umukuru w’abagizi ba nabi yabaye umuturage wubahwa

Umuyobozi w’ibiro by’ubutasi yarabajije ati “mu by’ukuri, Abahamya ba Yehova bakora iki muri Indoneziya?”

Biyemeje gukomeza kujya mbere

Ni iki cyatumye bamwe bavuga bati “Abahamya ba Yehova bameze nk’imisumari”?

Ntibirengagije guteranira hamwe

Igihe itegeko ribuzanya umurimo w’Abahamya ba Yehova ryakurwagaho, hari umutegetsi wababwiye ati “ubu buzima gatozi muhawe si bwo bubaha uburenganzira bwo kuyoboka Imana.”

Abakristo bagaragaza urukundo mu gihe cy’ibiza

Abahamya ba Yehova bahise batabara igihe umutingito wasenyaga umugi wa Gunungsitoli muri Indoneziya.

Ntituzigera tunamuka ku kwizera kwacu

Daniel Lokollo yibuka ukuntu abarinzi ba gereza bamutoteje.

Kumvira byaraturokoye!

Ubushyamirane hagati y’Abisilamu n’Abakristo muri Indoneziya bwatumye Abahamya ba Yehova bahura n’ibibazo.

Umurimo ufata indi ntera

Itegeko ribuzanya umurimo rikuweho, abavandimwe bungukiwe na gahunda eshatu z’ingenzi.

Baterwa ishema no gutangaza izina rya Yehova

Abahamya banesheje bate ikibazo gishingiye ku muco wabo cyatumaga batagira ubushizi bw’amanga?

Ibiro by’ishami mu kirere

Ababwiriza baza gukorera ahakenewe ubufasha bashaka ahandi bazajya kubwiriza barahabonye.

Yehova yadukoreye ibirenze ibyo twari twiteze!

Itorero ryo mu mudugudu wa Tugala Oyo muri Indoneziya, ryahawe umugisha udasanzwe.

Twongeye kubana!

Bashiki bacu babiri batumva bo muri Indoneziya batandukanyijwe bakiri bato igihe umwe yajyaga kurerwa n’abandi babyeyi ariko ukuri kwarabahuje.